Burkina Faso: Abasirikare Bahiritse Leta y’Inzibacyuho

by www.igihe.info

Burkina Faso: Abasirikare Bahiritse Leta y'Inzibacyuho
Perezida Michel Kafando na Minisitiri w’Intebe we Isaac Zida

Hari ku mugoroba wo kuri uyu wa 16 Nzeri ubwo abasirikare bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu cya Burkinafaso,bafashe Perezida Michel Kafando na Minisitiri w’Intebe we Isaac Zida babasanze mu nama ya Guverinoma.

Imiryango mpuzamahanga irimo Umuryango w’Abibumbye, Afurika yunze ubumwe, Ubumwe bw’Uburayi ndetse n’ibihugu nk’Ubufaransa byamaganye icyo gikorwa, ndetse bivuga ko birakora ibishoboka byose uwo mugambi ukaburizwamo.

Nyuma y’ifatwa ryabo mu mujyi wa Ouagadougou hafi y’Ibiro by’umukuru w’Igihugu hakaba humvikanye amasasu menshi yarasaga imbaga y’abaturage bari baje kwamagana icyo gikorwa.

Gusa kugeza ubu nta wapfuye cyangwa ngo akomereke ariko mu murwa mukuru ubwoba ni bwinshi, amaradiyo nayo yafunzwe.

France 24 iravuga ko Perezida Kafando na Minisitiri Zida bakuwe mu ngoro y’umukuru w’igihugu, bajyanwa ahandi hantu hataramenyekana.

Ibi bibaye mugihe iki gihugu kiteguraga amatora yo kuva mu nzibacyuho, amatora yari ateganyijwe tariki 11 Ukwakira 2015.

Ubutegetsi bwariho muri Burkinafaso bwagiyeho mu buryo bw’inzibacyuho kuva mu Kwakira umwaka ushize 2014, nyuma y’imvururu zikomeye z’abaturage zakuyeho Blaise Compaore.

Burundi:Col Jean Bikomagu Wigeze kuba Umugaba w’Ingabo Yagandaguwe

by www.igihe.info

Burundi:Col Jean Bikomagu Wigeze kuba Umugaba w'Ingabo Yagandaguwe
Burundi:Col Jean Bikomagu Wigeze kuba Umugaba w'Ingabo Yagandaguwe

Colonel Jean Bikomagu, wigeze kuba umugaba w’ingabo z’u Burundi mu gihe cy’intambara i Burundi (1993-2006)yiciwe i Bujumbura n’abantu batazwi ubwo yatahaga iwe mu rugo muri Quartier ya Kabondo Sud nk’uko uwo mu muryango we yabitangarije AFP.

Abamuteye barashe ku modoka ye agiye kwinjira mu gipangu cye. Umukobwa we nawe bamukomerekeje. Abamuteye bahise batoroka baburirwa irengero.

Willy Nyamitwe, Umuvugizi wa Leta y’u Burundi akaba n’Umujyanama wa Perezida Pierre Nkurunziza yemeje amakuru y’urupfu rwa Col Bikomagu.

Nyamitwe yavuze ko ubu bwicanyi bwiyongereye ku bundi buherutse kuba kandi ko bubabaje.

Bikomagu yari asigaye ari mu kiruhuko , ubu akaba yakoraga muri Interbank aho yari umuyobozi ushinzwe abakozi.

Urupfu rwa Bikomagu ruje icyumweru kirenga nyuma y’urupfu rwa Gen Adolph Nshimirimana wigeze gushingwa iperereza mu Burundi akaba yari n’umujyanama wa Perezida w’u Burundi. Urupfu rwa Bikomagu kandi ruje nyuma y’uko Pierre-Claver Mbonimpa, wagiye unenga leta y’u Burundi ku kutubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, na we arusimbutse ubu akaba arimo kwivuriza mu Bubirigi.

Burundi: Abahitanye Gen.Adolphe Nshimirimana bamenyekanye

by www.igihe.info

Burundi: Abahitanye Gen.Adolphe Nshimirimana bamenyekanye
Imodoka yari itwaye Gen Nshimirimana

Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika mu Burundi yatangaje ko hamaze kumenyekana abishe Lt. Gen Adolphe Nshimirimana wahoze ari umuyobozi w’urwego rw’ubutasi, wapfuye yari ashinzwe umutekano bwite wa Perezida Perero Nkurunziza.

Ku Cyumweru tariki ya 2 Kanama, ni bwo imodoka yarimo Lt.Gen. Adolphe Nshimirimana yaguye mu gico yatezwe n’abagizi ba nabi, mu Kamenge aho bakunze kwita ‘Gare du Nord’, maze uwo musirikare n’abamurindaga babiri bahita bahasiga ubuzima.

Itangazo ubushinjacyaha bwashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru tariki ya 9 Kanama, rivuga mu abakoze ubwo bwicanyi bafashwe, ababuteguye bo baracyashakishwa.

Rigira riti “Ubwo bwicanyi bukiba, iperereza ryahise ritangira. Twabamenyesha ko abakoze icyo cyaha bamaze kumenyekana mu nzego zibishinzwe. Bamwe muri abo bagizi ba nabi bamaze gufatwa, abandi cyo kimwe n’abateguye ubwo bwicanyi baracyashakishwa.”

Yakomeje agira ati “Imodoka yakoreshejwe n’abo babisha yari iy’igisirikare yavuye mu nkambi ya Ngagara mu gitondo cy’uwo munsi. Bucyeye bwaho, izo nkozi z’ibibi zayiturikirije ahitwa ku Musaga. Hakaba haratowe n’imyambaro yakoreshejwe n’izo nkozi z’ibibi, aho nyine ku Musaga.“

Umushinjacyaha mukuru yavuze ko iperereza ku rupfu rwa Lt Gen. Adolphe Nshimirimana rigikomeza, asaba uwo ari we wese, gufasha ngo abo bicanyi bafatwe, bashyikirizwe ubutabera.
Kuva icyo gihe abantu bagera ku 100 bamaze kwicwa, abasaga ibihumbi 140 bo bamaze guhungira mu bihugu bituranye n’u Burundi.

Burundi: Umunyamakuru Esdras Ndikumana Yakubiswe n’Abashinzwe Umutekano

by www.igihe.info

Burundi: Umunyamakuru Esdras Ndikumana Yakubiswe n'Abashinzwe Umutekano
Esdras Ndikumana Photo via Twitter

Umunyamakuru Esdras Ndikumana ukorera Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI na AFP,  yafashwe n’Abashinzwe umutekano ubwo yari aho Gen Adolph Nshimirimana yarasiwe, arimo afotora anashaka kumenya iby’urupfu rwa Gen Adolph Nshimirimana. Baramujyanye baramukubita bamugirira ibya mfura mbi, bamuhata ibibazo banamwita umunyamakuru w’umwanzi. Bamumaranye amasaha abiri nyuma baramurekura ubu ari mu bitaro ariko ubuzima bwe ntiburi mu mazi abiri nk’uko bitangazwa na RFI. Umuyobozi wa RFI yavuze ko bababajwe n’ihohoterwa ry’uyu munyamakuru ndetse n’ihohoterwa ry’itangazamakuru mu Burundi muri rusange. Bakaba barimo gusaba ibisobanuro Leta y’u Burundi.

Esdras Ndikumana ni umunyamakuru ukorera i Bujumbura akaba ari correspondant wa RFI  na AFP mu Burundi.

Ese haba hari icyo Leta y’u Burundi yaba ishaka guhisha ku rupfu rwa Gen Adolph Nshimirimana ku buryo ihohotera umunyamakuru ushaka kumenya ukuri ku byabaye?

Burundi:Gen Adolphe Nshimirimana Yishwe

Burundi:Gen Adolphe Nshimirima Yishwe
Gen Adolphe Nhimirima

Gen. Adolphe Nshimirimana wahoze ayobora urwego rw’ iperereza yaguye mu gico yatezwe n’abantu bataramenyekana ari i Kamenge.

Willy Nyamitwe, umuvugizi wa Leta y’u Burundi yemeje aya makuru abinyujije kuri Twitter avuga ko atakaje umuvandimwe na mugenzi we ku rugamba.

General Adolphe Nshimirimana yari asigaye ashinzwe umutekano bwite wa Perezida Nkurunziza, yicanwe n’ abamurindaga batatu.

Ababibonye bavuze  ko Nshimirimana yasatiriwe n’ abantu bane bambaye gisirikare, bamisha amasasu ku modoka ye bahita bagenda mu modoka yabo.

Uru rupfu rwa Gen. Adolphe Nshimirimana rubaye nyuma y’iminsi mike Perezida Pierre Nkurunziza atangajwe ko ariwe wegukanye amatora y’Umukuru w’Igihugu,  abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bavuga ko ari iya gatatu kandi inyuranyije n’amategeko.
Kwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza kwatumye abantu bagera ku 100 kugeza ubu bamaze kugwa mu myigaragambyo yatangiye muri Mata uyu mwaka, ndetse yanatumye hacurwa umugambi wo kumuhirika ku butegetsi n’ubwo waje kuburizwamo muri Gicurasi.

Burundi:Gen Adolphe Nshimirima Yishwe

Burundi:Gen Adolphe Nshimirima Yishwe
Imodoka Gen Adolphe Nshimirima yari arimo

Gen.Nshimirimana yari umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kuburizamo umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, akaba kandi yari akuriye abashinzwe guhangana n’abageragezaga kwigaragambya bamagana ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza.

Abanyamulenge baramagana umwanya Agathon Rwasa yahawe

by www.igihe.info

Abanyamulenge bashavujwe n’umwanya Agathon Rwasa yahawe
Agathon Rwasa n’abamurinze

Abo banyamulenge bavuga ko gutorera Rwasa kuba umuyobozi wungirije w’Inteko Ishingamategeko ari icyemezo kidakwiye kubera ibyaha by’indengakamere bamurega.

Ubwicanyi buvugwa ni ubwabereye ahitwa mu Gatumba mu mwaka wa 2004 aho abanyamulenge bagera ku 160 bishwe urwagashinyaguro aho bari bacumbikiwe mu nkambi.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abanyamurenge barokotse ubwo bwicanyi, Olivier Mandevu, yavuze ko kuba Agathon Rwasa yahawe umwanya mu nzego zo hejuru, bitazababuza gukomeza kumukurikirana.

BBC yavuze ko uyu muryango ngo ugomba gukomeza kotsa igitutu Leta y’u Burundi ndetse n’ibihugu bikomeye nka Lea Zunze Ubumwe za Amerika bakamuryoza ibyo yakoreye abanyamulenge.

Ku kibazo cy’uko Rwasa azaba afite ubudahangarwa, Mandevu yavuze ko ibimenyetso bifatika bihari kandi ibyo yakoze ari jenoside.

Burundi: Imyitwarire ya Rwasa Ikomeje Guteza Urujijo

by www.igihe.info
Burundi: Imyitwarire ya Rwasa Ikomeje Guteza UrujijoAgathon Rwasa umwe mu batavuga rumwe na leta mu Burundi wabanje kwamagana ibyavuye mu matora y’Abadepite yagizwe Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko abikesheje abadepite ba CNDD-FDD

Agathon Rwasa, usanzwe ari Umuyobozi w’ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ’RANAC’, yatowe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nyakanga, nyuma y’inama y’inteko rusange y’abadepite kuwa mbere tariki ya 27 Nyakanga 2015, ari nayo yatangije imirimo y’Abadepite.

Pascal Nyabenda perezida wa CNDD FDD, ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi ni we wagizwe Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite.

Byatangaje benshi ubwo kuwa mbere w’iki cyumweru, Agathon Rwasa yafataga inzira akerekeza mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko bitewe n’uko batumvaga uburyo umuntu wamaganye ibyavuye mu matora afashe iya mbere kujya mu cyicaro cyo kuba intumwa ya rubanda.

We yavuze ko impamvu yabimuteye, yanze guca abaturage intege no kubahemukira kubera icyizere bamugiriye bamutora.

Agathon Rwasa yari yatangaje ko mu matora y’Abadepite hatowe n’abari barakuyemo kandidatire zabo, bitewe n’uko yari yaratangaje ko we n’igice cy’abatavuga rumwe n’ubutegetsi batazayitabira bitewe n’ibibazo bya politiki biri muri icyo gihugu.

Kuwa kabiri tariki ya 28 Nyakanga ni bwo yatangaje ko bakwiye kuza bagafatanya n’abandi mu kubaka igihugu, ibi bikaba byaratumye bamwe batangira kuvuga ko na we yamaze kuyoboka inzira y’ishyaka riri ku butegetsi.

Hagati aho kuri uyu wa kane i Addis Abbeba muri Ethiopia hari ibiganiro biri guhuza abatavuga rumwe na leta b’imbere mu gihugu cy’u Burundi n’abandi batavuga rumwe nayo baba hanze y’igihugu.

Saif al-Islam, mwene Colonel Gaddafi , yakatiwe igihano cyo gupfa n’urukiko rw’i Tripoli.

by www.igihe.info

Saif al-Islam, umuhungu wa Colonel Gaddafi wahoze ayobora Libya, yakatiwe igihano cyo gupfa n’urukiko rw’i Tripoli. We n’abandi bantu umunani baregwana bahamijwe ibyaha by’intambara bifitanye isano n’iburizwamo ry’imyigaragambyo y’amahoro yamaganaga ubutegetsi bwa Colonel Gaddafi hashize imyaka ine.

Abdallah al-Senussi, wahoze ari umukuru w’urwego rushinzwe iperereza, na Al-Baghdadi al-Mahmudi wahoze ari ministri w’intebe nabo bahawe igihano cyo gupfa. Uwunganira mu mategeko Saif al-Islam mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha yabwiye BBC ko urwo rubanza rudakurikije amategeko.

Ari ONU cyangwa se umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Amnesty International, byose byavuze ko uru rubanza rudakurikije ibisabwa mu rwego mpuzamahanga.

Agathon Rwasa Utemera Ibyavuye mu Matoro Yitabiriye Inama y’abadepite

by www.igihe.info
Agathon Rwasa Utemera Ibyavuye mu Matoro Yitabiriye Inama y'abadepiteNyuma y’amatora ataravuzweho rumwe n’impande zitumvikana mu Burundi, kuri uyu wa mbere hateranye inama ya mbere y’Inteko rusange y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, ikaba inarimo Agathon Rwasa utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza.

Iyi nama ni iya mbere nyuma y’amatora y’Abadepite n’ay’abajyanama b’amakomini yabaye kuwa 29 Kamena 2015 yenyegeje amahari hagati y’ubutegetsi buriho mu Burundi n’abatavuga rumwe na bo.

Nyuma y’amatora y’abadepite ibihugu n’imiryango mpuzamahanga byarayanenze bihuza n’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi basabaga ko yaseswa agasubirwamo kuko yagaragayemo kubogama gukomeye.

Umujyanama wa Perezida Nkurunziza, Willy Nyamitwe na we yemeje ko inama y’inteko rusange y’abadepite batowe yateranye kandi yitabiriwe na Rwasa utavuga rumwe n’ubutegetsi.

RFI