DRC: Mobutu na Tshombe Bazashyingurwa muri Congo

Mobutu na Tshombe Bazashyingurwa muri CongoPerezida Joseph Kabila yatangaje ko mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyifuzo byavuye mu mishyikirano y’igihugu, ibisigazwa by’abategetsi babiri ba Congo baguye mu mahanga, Joseph Mubutu wari perezida na Moise Tshombe, wari ministiri w’intebe, bizasubizwa mu gihugu.

Perezida Kabila kandi yavuze ko agiye gushinga leta y’ubumwe bw’igihugu izaba irimo n’abatavuga rumwe n’ishyaka rye n’abagize amashyirahamwe ategamiye kuri leta.

Iyo leta izaba ifite inshingano zo kugarura amahoro mu gihugu, gusana ibyangijwe, no gutegura amatora.

Perezida Kabila kandi yamenyesheje ko nta mbabazi rusange zizahabwa abayobozi b’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

BBC

Bosco Ntaganda Yagejejwe Imbere y’Urukiko mu Buholandi

Kuri uyu wa 26 Werurwe umucamanza yatangiye urubanza rwa General Bosco Ntaganda amusaba kwivuga uwo ari we. Maze ati “ Nitwa Bosco Ntaganda, niyo mazina yonyine ababyeyi banjye bampaye. Navukiye mu Rwanda nkurira muri Congo, ndi umusirikare wa Congo.”Abajijwe ubwenegihugu bwe, ati “ Ndi umusirikare wa Congo Kinshasa ndi umunyecongo.”

Fatou Ben Souda
Bosco Ntaganda i LaHaye

Ntaganda yahise asomerwa ibyaha 10 aregwa, ngo yakoze hagati ya Nyakanga 2002 na Ukuboza 2003. Ibyo byaha nirimo Ibyaha byo kwinjiza abana bari munsi y’imyaka 15 mu gisirikare, Ibyaha by’intamabara byo gukoresha aba bana mu ntambara no mu bikorwa by’ubwicanyi. Ubwicanyi, gufata ku ngufu. Ibi byaha ngo yabikoreye mu karere ka Ituri muri Province oriental. Amaze kubwirwa ibyaha aregwa avuga ajigimwa yagize ati “ Nasomewe ibyaha ndegwa, ariko ndabihakana” Umucamanza yamubwiye ati “ Mr Ntaganda vuga wisanzuye kandi ushobora kwisobanura nta kibazo.” Maze arongera ati “ Yego namenyeshejwe ibyo ndegwa.” Uwunganira Ntaganda mu rukiko yavuze ko ababajwe no kuba ejo (kuwa 25 Werurwe) yabujijwe kuganira n’umukiliya we umwanya uhagije n’umukozi wo muri gereza. Avuga ko kuba Ntaganda yarizanye mu rukiko ku bushake bakwiye no guha umwanya uhagije abamwunganira wo kuganira nawe bihagije ku byaha yemeza ko bikomeye umukiliya we aregwa. Abacamanza bemeje ko tariki 15 Mata 2013 urukiko abacamanza bazaterana (ko kandi ashatse nawe yaza) bagiye kongera gusuzumira hamwe dosiye ye, naho kuwa 23 Nzeri 2013 akaba aribwo iburanisha rizakomeza bemeza niba hari ibimenyetso bihagije byo kuburanisha urubanza rwe. via www.amakuruyurwanda.org

Joseph Kabila niwe Watsinze Amatora muri Congo DRC

jOSEPH kABILA-CongO DRC
Urwego rushinzwe gutunganya amatora kamenyesha ko Joseph Kabila yabonye amajwi 49% ku majwi 90% kamaze guharura.

Umukurikira, Etienne Tshisekedi, amajwi 32%.

Abashyigikiye Etienne Tshisekedi bamaze kuvuga ko badashobora kwemera ibyavuye muri ayo matora bavuga ko yibwe.

Mu mujyi wa Kinshasa hakomejwe ingingo z’umutekano, kugira bahangane n’imyigaragambyo ishobora kuba nyuma yo kumenyesha ibyavuye mu matora.