Amerika: Abanyamakuru 2 barashwe n’uwahoze ari mugenzi wabo kuri televiziyo

by www.igihe.info
Amerika: Abanyamakuru 2 barashwe n'uwahoze ari mugenzi wabo kuri televiziyoAlison Parker w’imyaka 24, ukorera WDBJ7 n’umunyamakuru ufata amashusho Adam Ward w’imyaka 27 bishwe mu gihe barimo bakora ikiganiro ahitwa Moneta, mu karere ka Bedford nk’uko byatangajwe na Televiziyo bakoreraga.

Igitero cyabereye ku nzu y’isoko rya kijyambere rinini cyane, ryitwa Bridgewater Plaza, hafi y’ahitwa Smith Mountain Lake.

Vester Lee Flanagan, umugabo ukekwa kuba yishe abanyamakuru babiri ba televiziyo, igihe bari mu kiganiro, nawe yarirashe ubwo yarimo atoroka imodoka ye ihita ikora impanuka. Yapfiriye kwa muganga aho yari arimo avurirwa.

Vester Lee Flanagan na we yahoze ari umunyamakuru kuri televiziyo abo yishe bakoragaho ariko aza kwirukanwa.

Amashusho yerekana umunyamakuru, Alison Parker, aganira anatera urwenya n’umutumire mu kiganiro, mbere y’urukurikirane rw’amasasu.

Umuntu wari urimo abazwa mu kiganiro yarokotse igitero.

Umuyobozi mukuru wa televiziyo, Jeffrey Marks ari kuri televiziyo yagize ati “Alison na Adam bapfuye muri iki gitondo saa 06:45 nyuma gato y’urusaku rw’amasasu. Ntituzi impamvu cyangwa ukekwa, cyangwa umwicanyi uwo ari we.”

Yongeyeho ati “Sinshobora kubumvisha uburyo bari bakunzwe n’ikipe ya WDBJ7…imitima yacu yuzuye agahinda”.

Madamu Parker yari amaze gutangira ikiganiro igihe amasasu umunani yaraswaga mu buryo butunguranye.

Icyuma gifata amashusho (kamera) kirizunguza kigwa hasi, kandi urusaku rwumvikanaga.

Umwicanyi washinjaga abo yishe urugomo rw’ivanguramoko, yafashe video yubwicanyi bwe ayisakaza ku mbuga nkoranyambaga nka Facebook na Twitter.

Ibiro bya perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byongeye gusaba Kongere gushyiraho itegeko rigenga intwaro mu basivile.
barashwe bari mu makuru kuri televiziyo muri Leta ya Virginia, byemejwe n’umukoresha.

Osama Bin Laden ariho kandi abayeho neza muri Bahamas – Snowden

by www.igihe.info

Osama Bin Laden ariho kandi abayeho neza muri Bahamas – Snowden
Edward Snowden
Osama Bin Laden ariho kandi abayeho neza muri Bahamas – Snowden
Osama Ben Laden wahoze ari umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa Al-Qaida

Osama Ben Laden wahoze ari umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa Al-Qaida bikaba byaratangajwe ko yishwe mu 2011, ngo yaba akiriho kandi afite ubuzima bumeze neza mu birwa bya Bahamas nk’uko byemezwa na Edward Snowden wahoze ukorera urwego rushinzwe umutekano w’igihugu (NSA) akaba yaramenyekanye cyane mu kumena amabanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Edward Snowden kuri ubu ubarizwa mu gihugu cy’u Burusiya cyamuhaye ubuhungiro nyuma yo guhunga akava mu gihugu cye kubera gushyira ku karubanda amabanga y’uburyo iki gihugu cyabonaga amakuru, ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Moscow Tribune cyo mu Burusiya yakibwiye ko Osama Ben Laden ariho kandi ameze neza.

“Mfite inyandiko zerekana ko Ben Laden agiterwa inkunga na CIA, yakira buri gihe arenga amadorali 100,000$ buri kwezi, yoherezwa binyujijwe mu miryango n’ibigo akoherezwa kuri konti ye muri Banki ya Nassau. Ntago nzi aho ari ubungubu, ariko mu 2013, yabaga mu buzima butuje muri villa ye n’abagore batanu n’abana be bagera mu 10.”

Snowden yakomeje avuga ko CIA yateguye ikinamico ry’urupfu rw’uwari umuyobozi wa Al-Qaida mu gihe yari arimo aroherezwa n’umuryango we ahantu hatazwi muri Bahamas.

“Osama Ben Laden yabaye umwe mu bakozi bakoreye cyane CIA igihe kirekire, ni ubuhe butumwa bari koherereza abandi bakozi babo iyo bareka Seal ikamwica? Bateguye ikinamico y’urupfu rwe bafatanyije n’inzego z’ubutasi za Pakistani” uwo ni Snowden wongeyeho ko kubura byamworoheye kuko Isi yose izi ko yapfuye kandi nta muntu ukimuhiga. Ngo akuyeho ubwanwa na rya koti rya gisirikare atajyaga akuramo ntago wamumenya.

Snowden ahamya neza ko inyandiko afite zigaragaza ko Ben Laden ariho kandi abayeho neza kandi ateganya kubivugaho mu gitabo azashyira hanze mu kwezi kwa cyenda 2015.

Edward Snowden yahawe akazi na NSA mu 2013 nyuma yo gukorera Dell na CIA, maze muri uwo mwaka mu kwezi kwa gatandatu ahita ashyira mu itangazamakuru hirya no hino ku Isi inyandiko z’ibanga nyinshi zagaragazaga uburyo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikoresha mu butasi.

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamushinjije ubugambanyi, ahungira muri Hong Kong, kubera igitutu cyazo yimwa ubuhungiro muri iki gihugu aza kubuhabwa n’u Burusiya nabwo bigoranye.

Gufata ku ngufu byemewe na Korowani-Leta ya Islam

by www.igihe.info
Gufata ku ngufu byemewe na Korowani-Leta ya IslamUmutwe w’iterabwoba wa Leta ya Islam wagize igikorwa cyo gufata u ngufu abagore batari abasilamukazi nka kimwe mu bintu bigize amategeko ya Korowani, igitabo gitagatifu cya Islam.

Umwe mu bakobwa b’Abayazidi w’imyaka 12 wafashwe ku ngufu n’umwe mu barwanyi bo muri uyu mutwe yabwiye umunyamakuru wa The New York Times ko ubwo yamufataga ku ngufu yamubwiraga ko ibyo ari gukora byemewe na Allah na Korowani kuko ngo uriya mukorwa yari mu rindi dini ritari Islam.

Kugeza ubu Leta ya Islam yafashe bunyago abagore  5,000 ikaba ibakoresha ubucakara bw’igitsina kandi ikabagurisha ku bagabo bari hirya no hino mu gice yigaruriye.

Umunyamakuru wa The New York Times yabajije abagore n’abakobwa 21 babashije gucika Leta ya Islam bamubwira ibibazo bahuye nabyo ubwo bari mu nkambi za Leta ya Islam.

Ubufaransa: Abagenzi Barwanyije Umuterabwoba Wari Ufite Imbunda Baramunesha

by www.igihe.info
Uwo mugabo ukomoka muri Maroc yafatiye iyo gariyamoshi mu Bubiligi afite imbunda nini n’indi nto bita pistol hamwe n’icyuma.
Abanyamerika babiri b’abasirikari ariko batari mu kazi ka gisirikare, bahita bamurwanya igihe yaratangiye kugaba igitero ku mukozi wa gariyamoshi.

Ubufaransa: Abagenzi Barwanyije Umuterabwoba Wari Ufite Imbunda Baramunesha

Umwe muri abo banyamerika yatewe icyuma, umugenzi umwe arasirwa muri icyo kivunga.
Ubu bombi bari kuvurirwa mu bitaro.

Ubufaransa n’u Bubiligi batangiye amaperereza yo gukurikirana ibijyanye n’icyo gitero cy’iterabwoba.

Umukuru w’Ubufransa Francois Hollande, yashimiye cyane abanyamerika batatu bafashwe nk’intwari igihe bashoboraga kurwanya umugabo warufite intwaro zikomeye muri gariyamoshi yihuta yavaga Amsterdam ijya i Paris.

Nigeria:Boko Haram ifite umuyobozi mushya

by www.igihe.info

Nigeria:Boko Haram ifite umuyobozi mushya

Perezida wa Chad, Idriss Deby, avuga ko umutwe w’abarwanyi ba kiyisilamu wa Boko Haram, muri Nijeriya ufite umuyobozi mushya.

Ntiyavuze icyaba cyabaye kuri Abubakar Shekau, ariko yavuze ko yasimbuwe na Mahamat Daoud.

Bwana Shekau ntiyagarahaye mu mashusho y’uwo mutwe aheruka, byateye ibihuha ko yaba yarishwe.

Bwana Deby, ufite ingabo ziri mu ntambara irwanya Boko Haram, yavuze ko Bwana Daoud yemera kugira ibiganiro na guverinoma ya Nijeriya.

BBC

Libya:Abarwanyi ba Leta ya Kiyisilamu baciye imitwe Abakirisitu 21

by www.igihe.info
Umutwe wa Leta ya Kiyisilamu (ISIS) wasohoye amashusho yerekana abarwanyi bayo baca imitwe abakirisitu b’abakobute 21 b’Abanyamisiri bashimuswe ku wa gatandatu mu Mujyi wa Sirte.

Umwe mu bari kumwe n’abishwe yavuze ko abarwanyi ba Leta ya Kiyisiramu bazengurutse inzu z’umujyi wa Sirte barobanuramo abafite amazina ya gikirisitu bakabajyana.

Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sisi yahise ashyiraho icyumweru cy’icyunamo, anavuga ko igihugu ayoboye kizakora uko gishoboye kigahorera abishwe.
Umutwe wa Leta ya Kiyisiramu ukomeje kugabwaho ibitero by’indege biyobowe an Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Syria na Irak. Ufite amashami muri Libya na Misiri uharanira gushyiraho leta igendera ku matwara y’idini ya Islam.
Waherukaga gushyira ahagaragara amashusho y’umuderevu w’indege wa Yorudaniya ubwo bamutwikaga  ari muzima.

Yorudaniya Izagurana Umurwanyi wa ISIS Ingwate z’Abayapani

by www.igihe.info

Yorudaniya Izagurana Umwiyahuzi wa ISIS Ingwate z'Abayapani

Ministiri w’itanganzamakuru muri Yorudaniya yatangaje ko leta ye yiteguye gutanga umugore ukekwaho gukora iterabwoba kugira ngo umuderevu w’indege w’umunyayordaniya uri mu maboko y’umutwe wa Islamic State arekurwe.

Ibi ministiri Mohammad al-Momani yabitangarije kuri televisiyo y’igihugu, amasaha make mbere y’uko igihe ntarengwa abarwanyi ba Islamic State bari bahaye igihugu cye kirenga.
Icyo gihe ubu cyamaze kurenga, ariko kugeza ubu ntawamenye uko byagendekeye uwo muderevu kimwe n’umunyamakuru w’umuyapani Kenji Goto wagizwe ingwate n’umutwe wa Islamic State.
Nyuma yo kwica undi muyapani Haruna Yukawa, umutwe wa Islamic State watangaje ko utagishaka amafranga ko ahubwo usaba ifungurwa ry’umwiyahuzi w’umugore ufungiwe mu Yorudaniya
Uwo mugore yafunzwe mu mwaka wa 2005 ubwo yageragezaga guturitsa igisasu yari yiziritseho.
Umubyeyi w’umwe muri abo bayapani bagizwe ingwate yari yasabye guverinoma y’Ubuypani gutanga ayo madolari kugira ngo umwana we aticwa.
Ubuyapani bwasabye Yorudaniya kubufasha kubohora umunyamakuru Goto ufite imyaka 47.

VOA

ISIS yasohoye amategeko ya Sharia azayobora abaturage batuye aho itegeka

by www.igihe.info
Muri uru rutonde rw’amategeko akaze ya Sharia, uzahamwa n’ibyaha byo gusebanya no gutukana, ubutasi, n’ubusambanyi azahanishwa urupfu.Uzahamwa n’icyaha cy’iterabwoba mu gace ISIS iyobora azahanishwa gucibwa mu gihugu.

ISIS imaze kwigarurira igice kinini hagati ya Iraq na Syria

ISIS imaze kwigarurira igice kinini hagati ya Iraq na Syria

Mu nkuru igaragara kuri Mailonline, ISIS yarekana amafoto y’abantu bahamwe n’ibyaha by’ubujura bari guhanishwa kunyongwa.
Abantu bafashwe boroye inuma muri Iraq bahanishijwe kunyongwa nyuma y’uko bigaragaye ko kurora inuma binyuranyije na Sharia.
Abajura bazajya bacibwa akaboko k’iburyo n’akaguru k’ibumoso, abasambanyi bazajya bicishwa amabuye nibigaragara ko abasambanye bari barubatse ingo.
Uzahamwa n’icyaha cyo gusambana atarashatse azajya akubitwa ibiboko ijana hanyuma ahite acibwa mu gihugu.
Uzahamwa n’icyaha cy’uko atera abantu baba mu gace ISIS igenzura ubwoba, bzajaya ahanishwa gucibwa mu gihugu.
Abasinzi bazajya bahanishwa gukubitwa ibiboko mirongo inani. Mu cyumweru gishize ISIS yishe abasore 13 nyuma yo kubasanga bareba umukino wa Football mu gikombe cya Asia wari wahuje Iraq na Jordan.

Mbere y'uko uyu mugore yicishwa amabiye yabanje gusomerwa ibyemezo byafashwe n'Urukiko mbere yo kwicishwa amabuye

Mbere y’uko uyu mugore yicishwa amabiye yabanje gusomerwa ibyemezo byafashwe n’Urukiko mbere yo kwicishwa amabuye

Abubakar Shekau wa Boko Haram, icyamamare mu kumena amaraso, Bin Laden wa Africa ni muntu ki

by www.igihe.info
Agahanga ke kashyizweho miliyoni 7USD ku muntu uzamwica cyangwa agatanga amakuru y’aho ari agafatwa cyangwa akicwa, ubu ni umwe mu bantu bashakishwa uruhindu kurusha abandi ku Isi, uyu niwe muyobozi w’umutwe wa Boko Haram umaze kwica abantu babarirwa ku 16 225 kuva mu 2009.

Mu 2012 Kwica (abantu) yavuze ko bimushimisha nko kwica inkoko

Mu 2012 Kwica (abantu) yavuze ko bimushimisha nko kwica inkoko

Uyu mugabo nta byinshi cyane aramenyekanaho kuri we bwite, imyaka ye ivugwa ko ari hagati ya 38 na 49, bivugwa ko afite umugore umwe n’abana batatu bitazwi neza aho baba, hari amakuru ko mu myaka ya 1990 yatorotse ibitaro by’abarwayi bo mu mutwe mu mujyi wa Maiduguri muri Nigeria.
Boko Haram ayoboye ikomeje kuyogoza, amakuru mashya ni uko bivugwa ko yashimuse abantu 80 biganjemo abana bari hagati y’imyaka 10 na 15 bagera kuri 50, si muri Nigeria noneho ni muri Cameroon.
Ikidasanzwe, ni aho uyu mutwe wa Shekau uherutse kohereza umwana w’umukobwa w’imyaka 10 gusa akiturikirizaho igisasu mu isoko mu majyaruguru ya Nigeria, abantu 19 bakahagwa nawe ari mo.
Uyu mugabo akunze kugaragara muri za Video z’uyu mutwe annyega cyane ingabo na Leta ya Nigeria ko ngo bananiwe guhagarika umutwe wa Boko Haram kwica.
Mu 2012 muri Video yakoze, yagaragaye avuga ngo “Nishimira cyane kwica (abantu)…nk’uko nishimira kwica inkoko..”
Uyu mugabo bivugwa ko yavukiye mu gace kitwa Shekau muri Nigeria hafi y’igihugu cya Niger ku babyeyi b’abakene bakomeje kugenda bimuka.
Akiri muto yagiye gukurikira amasomo y’idini ya Islam, nyuma aza kwibanda ku kwiga cyane ingengabitekerezo y’aba Sunni maze aba umuvugabutumwa.
Grema Kawudima wabanye nawe mu mashuri avuga ko Aboubacar  Shekau yari umusore ‘ iyo bigiye cyane’ gusa kandi ngo akaba yari azwi cyane mu bo biganaga.
Yaje kwinjira mu mutwe wa Boko Haram mu 2009 awubamo umuntu ukomeye kubera imyemerere y’ubuhezanguni, nyuma y’urupfu rwa Mohammed Yusuf uwari uyoboye uyu mutwe mu gitero cy’ingabo mu 2009, Shekau yahise atangira kuyobora Boko Haram maze yimakaza iterabwoba rishingiye ku bwicanyi bw’abatari aba Sunni n’abatari abasilamu bose mu majyaruguru ya Nigeria, aho yatangaje ko bashaka ko haba Leta yigenga igendera ku myemerere yabo.
Abahanga bakurikirana iby’iterabwoba bavuga ko Shekau asigaye yigengesera cyane kuko ngo gacye cyane ari bwo avugana n’abagize uyu mutwe ayoboye, ahubwo ngo avuga n’abantu abcye cyane yizeye akabaha amabwiriza. Ibi ni nako Bin Laden wariumuyobozi wa Al Qaeda yabigenzaga.
Ubutabera muri Amerika buvuga ko Shekau akoresha andi mazina ya  Darul Tawheed, Abu Bakr Skikwa, Imam Abu Bakr Shiku, Abu Muhammad Abu Bakr Bin Muhammad Al Shakwi Al Muslimi Bishku na Abubakar Shakkau ari naryo azwiho cyane.
Mu minsi ishize Boko Haram yatangaje amashusho y’uyu mugabo avuga ko yashimishijwe cyane n’ibitero byabaye mu mujyi wa Paris bigahitana abantu 17.
Uyu mutwe mu mwaka ushize washimuse abakobwa hafi 300 ubavanye mu ishuri ryisumbuye bigagamo, benshi muri bo n’ubu baracyari imbohe, nubwo bwose amahanga yari yahagurutse mu ntero ivuga ngo #BringBackOurGirls

Niger:Abantu 10 baguye mu myigaragambyo yamagana "Charlie Hebdo" yashushanyije Mahomet

by www.igihe.info
Nyuma y’aho ikinyamakuru cyo mu Bufaransa “Charlie Hebdo” gisohoye igishushanyo “cy’Intumwa y’Imana Mahomet”, imyigaragambyo ikaze amyagana iki kinyamakuru yahitanye abantu benshi muri Niger, hibasirwa n’insengero z’abakirisitu. Imyigaragambyo yo kuwa Gatanu no ku wa Gatandatu tariki 17 Mutarama, Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou, yatangaje ko yahitanye ubuzima bw’abantu babarirwa mu icumi nk’uko tubikesha AFP.
Urubyiruko rwinshi mu gitondo cyo kuwa Gatandatu rwahuriye hamwe ku musigiti munini uri mu Murwa Mukuru Niamey, rugaragaza ko rugiye guhorera Mahomet.
Umwe muri rwo yagize ati ” Byose turabisenya. Turarinda Intumwa y’Imana yacu. Tugiye kumurwanira kabone nubwo twahatakariza ubuzima.”

Polisi yasutse ibyuka biryana mu maso muri urwo rubyiruko, ariko rwerekeza mu tundi duce dutandukanye tw’Umurwa Mukuru wa Niger.
Abigaragambya bari bitwaje intwaro, bagiye batwikira amapine mu muhanda.
Ambasade y’u Bufaransa i Niamey yaburiye Abafaransa babirwa mu 2000 baba muri Niger kwirinda gusohoka.
Inzego z’umutekano zatangaje ko insengero z’Abakirisitu zibarirwa mu icumi zatwitswe.
Uretse insengero, utubari, amahoteli n’izindi nzu z’ubucuruzi zitari iz’Abayisilamu byagabweho ibitero.
Nubwo iyo myigaragambyo yakozwe n’Abayisilamu,Umwigisha umwe muri iri dini, Yaou Sonna, ari kuri yahamagariye Abayisilamu guhagarika ibyo bikorwa bihitana inzirakarengan, ati “Ntimwibagirwe ko irwanya akarengane.”
Perezida Issoufou ari mu bayobozi batandatu b’ibihugu by’Afurika bifatanyije n’u Bufaransa mu rugendo rwakozwe kuwa 11 Mutarama 2014 i Paris, mu kwamagana iterabwoba ryakorewe kuri Charlie Hebdo, hakicwa abanyamakuru.
Uretse muri Niger, imyigaragambyo yamagana Charlie Hebdo yongeye gushushanya Mahomet yakozwe mu bihugu bitandukanye nka Pakistan, Mali, Algérie na Sénégal.