Kiliziya Gatolika yahakanye amakuru ko iri hamwe n’andi madini yifuje ihindurwa ry’ Itegeko Nshinga

by www.igihe.info
Ku wa mbere tariki ya 4 Gicurasi 2015, nibwo abayobozi b’amadini n’amatorero arenga 40 yagaragaje ibyifuzo by’uko Itegekonshinga ryahindurwa Perezida kagame akongera kwiyamamaza, Kiliziya Gatolika ikaba yateye utwatsi abavugaga ko nayo yaba iri hamwe n’ayo madini arenga 40.

Kiliziya Gatolika yahakanye amakuru avuga ko yashyize umukono ku nyandiko yanditswe n’amadini n’amatorero arenga 40 yo mu Rwanda asaba ko ingingo y’ 101 mu Itegekonshinga ry’u Rwanda yahinduka hagakurwaho umubare wa mandat z’umukuru w’igihugu ku buryo mu mwaka wa 2017 Perezida wa republika yakongera kwiyamamaza.
Musenyeri Simaragide Mbonyintege umuyobozi w’inama nkuru y’abepisikopi Gatolika mu Rwanda

Musenyeri Simaragide Mbonyintege umuyobozi w’inama nkuru y’abepisikopi Gatolika mu Rwanda (Foto/internet)
Abayobora aya madini n’amatorero bavuga ko nka bamwe mu bayobozi b’umubare munini w’abanyarwanda babona ko Perezida wa Repubulika Paul kagame akwiye gukomeza kuba umuyobozi w’abanyarwanda.
N’ubwo hari amakuru yavugaga ko muri aya matorero harimo na kiriziya gatolika, umuyobozi w’inama nkuru y’abepisikopi Gatolika mu Rwanda musenyeri Simaragide Mbonyintege aganira na isango star yateye utwatsi ayo makuru.
Musenyeri Simaragide Mbonyintege yatangaje ko kiliziya gaturika itifatanije n’ayo matorero n’amadini; ko bo aho bahagaze bazahatagaza nyuma ariko ngo kugeza ubu ntacyo baratangaza ku gushyigikira cyangwa kudashyigikira ko Perezida kagame,yongera kwiyamamaza.
Kiliziya Gatolika yahakanye amakuru ko iri hamwe n’andi madini yifuje ihindurwa ry’ Itegeko Nshinga
Ndetse akaba ahakana ko amakuru avuga ko yaba yarashyize umukono ku nyandiko isaba ko ingingo yi 101 yahinduka, ibaruwa ya mbere aba bayobozi bakaba barayishyikirije Inteko Ishinga amategeko indi bayandikira Perezida Paul Kagame bamusaba kuzemera kwiyamamaza nibiba byakunze Itegekonshinga ryahinduwe .
Aba bayobozi bahagarariwe na Bishop Nzeyimana Innocent bavuga ko kuva mu mwaka wa 2003 Perezida Paul Kagame hari byinshi yagejeje ku banyarwanda ndetse ko hari n’ibindi byinshi yabasezeranyije ari nayo mpamvu bifuza ko yakomeza kuyobora bikazagerwaho dore ko harimo na vision 2020 benshi bahanze amaso.

Musenyeri Mbonyintege ntavuga rumwe n’abaheza “abatinganyi”

by www.igihe.info
Musenyeri Smaragde Mbonyintege uyoboye Inama y’Abepiskopi mu Rwanda yasobanuye ko Kiliziya Gatulika idashyigikiye abatinganyi ku buryo yabasezeranya ariko ko itabaheza kuko ari abantu nk’abandi.

Mu Kwakira k’ uyu mwaka Vatican yasohoye inyandiko yise “relatio post disceptationem” bishatse kuvuga ugenekereje mu Kinyarwanda “raporo nyuma y’ impaka.”

Nk’uko izina ribyerekana, iyi raporo yashyizwe ahagaragara nyuma y’ibiganiro mpaka byahuje abayobozi ba Kiliziya Gatolika bahuriye I Roma mu Butaliyani mu nama ya Sinodi aho baganiriye ibintu bitandukanye bihuriza ku muryango (famille).

Muri iyi nama hagarutswe ku kibazo cy’ababana bahuje ibitsina cyangwa abafite urukundo rubayobora ku bo bahuje ibitsina gusa, kugeza n’aho bahitamo gushingana ingo.

Muri iyi nama yayobowe na Papa Francis byaje kugaragara ko Kiliziya Gatolika yiyemeje kudaheza abakundana bahuje ibitsina kuko nabo ari abantu nk’abandi.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Radio Mariya ku Cyumweru, Mgr Smaragde Mbonyintege, uyobora Diyoseze ya Kabgayi wanitabiriye iyo inama yabereye Vatican, yasobanuye uko yumva ikibazo cy’abatinganyi uretse ko we atemeranya n’izina “abatinganyi” ribahabwa kuko ritandukanye cyane n’ijambo “” nk’uko abisobanura.

Mgr Mbonyintege avuga ko ubutinganyi bifatwa nko kwerekana icyo baba bakora igihe bahuza ibitsina bityo ibi bikaba atari byiza.

Kuri we asanga ijambo ryiza ari “” tugenekereje mu Kinyarwanda wenda akaba ari abafitiye cyangwa babana n’irari ry’abo bahuje igitsina.

Uku kubana n’iri rari usesenguye ubusobanuro ba Mbonyintege ubona ari nko kubana n’uburwayi bityo ubufite akaba atagomba guhezwa, guhohoterwa cyangwa se kugirirwa nabi.

Ati “Nk’uko umuntu atihitiramo kuba umugabo cyangwa umugore ni nako tudahora umuntu uza afite irari ryo kwifuza uwo bahuje igitsina.”

Avuga ko ukora ibi aba atarabyihitiyemo kuko ari kamere ye.

“Kandi ibyo ngibyo nta gihe bitabayeho mu mateka y’isi no mu mateka y’u Rwanda ariko ntibyigeze bigaragara y’uko ari kamere y’umuntu iba ikurikijwe ahubwo bibangamiye kamere y’imiterere y’umugabo n’umugore.”

Mbonyintege avuga ko “aba bafite izo tendance ari abantu nk’abandi, bafite ubwenge, bafite ububasha bashobora kubaka igihugu, kiliziya, harimo n’Abakirisitu bahabwa amasakaramentu.”

Ikibazo kiri ku gusaba uburenganzira

Musenyeri Mbonyintege avuga ko ikibazo kirangwa kuri aba bantu kidashobora no kwemerwa muri Afurika no mu Rwanda ari icyo kubaha uburenganzira bwo gukora imibonano mpuzabitsina kuko bifatwa nk’icyaha nk’ibindi aho gufatwa nk’uburenganzira.

“Aha niho habaye humvikana kuko ntabwo ari uburenganzira bwe bwo kujya gukora imibonano mpuzabitsina ku wo bahuje igitsina, ntabwo ari uburenganzira ariko kuba ameze gutya ariko ateye ntabwo wabimuhora. None se uhuye n’ umuntu upfuye ijisho wamusuzugura kandi afite rimwe? Arakora, arumva, afite ubwenge, afite umutima …”

Abatinganyi bakwiye gukorerwa iki?

Msgr Mbonyintege asanga aba bantu badakwiye guhezwa ahubwo bakwiye kwakirwa muri sosiyete.

Avuga ko bakwiye kurwanwaho ntihagire ubatoteza ntihagire umuntu ubabuza amahoro ati ”ariko gusaba ngo babane, basezerane byo ntibishoboka.”

Ati “Nanjye ntabwo nemeranya n’abantu babaha akato babaheza cyangwa se babamenasa babatera ubwoba. Oya mufate nk’umuntu nkawe ufite irari muri we kuko twese nta wutagira irari, nta wirirwa aryambaye ku gahanga turaricunga tugomba kugira imicungire yaryo nawe amenye gucunga bene iryo rari rye  cyane cyane yirinde kuba yajya kubitoza abandi.”

Musenyeri Mbonyintege ntavuga rumwe n’abaheza “abatinganyi”

Msgr Mbonyintege avuga ko uwabyigisha abandi akwiye kubihanirwa.

Ati “Ntabwo warwara indwara ngo ujye kuyanduza abandi ahubwo wayibarinda.»

Yongeraho ati «Ariko uburenganzira bwo kubaho, bwo gukora, bwo kujya muri sosiyete bwo arabufite ntawe ubumubuza. Gusa kubana oya. »

Mu bari bateraniye mu nama yabereye i Vatican nta n’umwe wigeze ashyigikira ubukwe hagati y’abahuje igitsina.

Vaticani : Aba Karidinali bahakanye gusezeranya abatinganyi n’abatandukanye n’abo babanaga

by www.igihe.info

Muri sinodi yari imaze ibyumweru bibiri ibera i Vatican ku kwiga ku mpinduka ku mahame ajyanye n’umuryango Kiliziya gatorika yari isanzwe igenderaho, aba Karidinali banze gutora icyifuzo cyo cyari cyatanzwe gisaba guha abatinganyi uburenganzira nk’ubw’abantu basanzwe muri kiliziya gatolika bakaba banasezeranywa ndetse n’ababana ariko baratandukanye n’abandi.

Umwanzuro kuri iri hame wagombaga gutangwa kuri uyu wa Gatandatu, wemejwe ugaragaza ko uguha uburenganzira abatinganyi muri kiliziya gatorika kugeza ku rwego rwo kwemererwa gusezeranywa, kwemerera abashaka kubana ariko baratandukanye n’abo babanaga mbere byabuze aba kardinali bagera kuri 2/3 nk’uko biteganywa n’itegeko ngo byemezwe.

Papa Francis i Vatikani
Papa Francis i Vatican kuwa 17 Ukwakira 2014

Abifuza ko abatinganyi bahabwa ubu burenganzira bavuga ko nabo ari bantu nk’abandi kandi bakaba bafite impano nyinshi zitandukanye nazo zishobora kugira akamaro muri sosiyeti y’abakirisitu.
Abitabiriye iyi sinodi uko bari 183 bakaba bagombaga gutorera imyanzuro 62. Muri iyi myanzuro yose itatu yonyine ikaba ariyo itatowe harimo ibiri ivuga ku guseranya abatandukanye n’abo babanaga mbere (umwe wemjwe n’abantu 104 ugahakanwa na 74 naho undi ukemezwa na 112 ugahakanwa na 64) n’umwanzuro ku burenganzira bw’ababana bahuje ibitsina wemejwe na 118 ugahakanwa na 62. Buri mwanzuri muri iyi 183 wagombaga kwemezwa ari uko utowe na 2/3.
Amakuru avuga ko aba karidinali bo mu Afurika babaye benshi ku buryo bugaragara mu kwanga umwanzuro ku kubana kw’abahuje ibitsina.

Iyi Synode izasubukurwa umwaka utaha harebwa kuri ibi bibazo.

Vatican: Kiliziya Gatulika ntizigera ishyingira abatinganyi

by www.igihe.info
Kardinari  Francesco Coccopalmerio ushinzwe services z’amategeko muri Vatican ejo yavuze ko Kiliziya Gatulika itazemera na rimwe gusezeranya abatinganyi.

Vatican: Kiliziya Gatulika ntizigera na rimwe ishyingira abatinganyi

Cardinal Francesco Coccopalmerio 

Ibi yabibwiye inteko y’abakaridinali iri kwigira hamwe ibibazo byo mu miryango muri rusange mu nama yitwa Synode ihuza abakaridinari muri mwaka.
Yagize ati “ Reka two kubica ku ruhande! Kuri twe ndetse no mu nyungu z’umuryango w’abantu, twemera ko ishyingiranwa riba hagati y’abashakanye batandukanyije ibitsina”
Uyu Mukaridinali yavuze ko Kiliziya Gatulika idaha akato abatinganyi ariko ko kubaha umugisha ikabasezeranya  nk’abashakanye itabikora na rimwe kuko ngo bihabanye cyane n’ukwemera kwa gikristu igenderaho.
Umwaka ushize Papa Francis ubwo yari muri Brazil yabwiye abanyamakuru ko Kiliziya Gatulika itarwanya abatinganyi bashaka gukora ugushaka kw’Imana babivanye ku mutima.
Kuri ibi, Papa yangeyeho ko gushakana hagati y’abahuje ibitsina ari ishyano Kiriziya Gatulika idashobora guha umugisha ukomoka ku Mana.
Iyi nama y’Abakaridinali yitwa Synode mu gifransa iri kubera mu bwiru, yatangiye kuri uyu wa mbere, iri kwigirwamo ibijyanye n’ibibazo biba mu miryango harimo gutana kw’abashakanye, kuringaniza imbyaro no kwiga ku bijyanye n’ubutinganyi.
Iyi nama irategurira indi nini izaba umwaka utaha izitabirwa na Papa akazagezwaho imyanzuro izava muri iyi nama iri kubera i Vatican muri iki cyumweru.

Inteko y'Abakaridinari mu nama i Vatican

Inteko y’Abakaridinari mu nama i Vatican