UMWARI UTAGIRA INENGE

UMWARI UTAGIRA INENGE

Umuvugo wagenewe abakobwa b’u

Rwanda

Ndate umwari utagira inenge
Reka murate utagira uko asa
Nsange zuba ryo ku museso
Ngende nsure museke weya.

Naramubonye Nyiramukesha
Inyenyeri nziza yo mu gitondo
Iburira ijoro kudatinda
Igaha ikaze umunsi mwiza.

Ka muririmbire nyakuratwa
Reba umusatsi ni umusana
Reba amaso ni inyenyeri
Kandi amabere ni amahembe.

Reke murate uwo Nyampinga
Atuye atatse amasaro hose
Afite ubwiza bumena amaso
Acanira ijoro nk’ukwezi

Reka murate uwo Ikibasumba
Sugi nziza itatse isura
Si ku mubyimba gusa murata
No muri roho ni umuringa

Mutima utuje utemba ineza
Reka ngusange ntambe ineza
Dore ugusanze ntasuherwa
Inseko yawe ni umuseso

Ngwino ngwino rurabo-roza
Ukwize hose umubavu wawe
Ni wowe bwiza bw’ubusitani
Inzuki zose ziragusannga

Umwari mwiza yanga umwanda
Agahora yitwa Muhorakeye
N’umubonye ati”isuku igira isoko”
Ni ko karande k’abamubyara.

Ni wowe ubitse umuco nyarwanda
Ko umwari mwiza umugayo awanga
Agahora yicaye mu ruhimbi
Ahimbawe atereka ibisabo.

Umwari mwiza ntasamara
Atega yombi abamubyaye
Agatura atuje bitamugoye
Akazarenga urwa Bayanga.

Hari abagukunda uko wariboye
Ntibakubanire uko bikwiye
Ntibature isura yawe
Ntubasureho nagatoya.

Naramubonye uwo basuye
Yarasanzwe atemba itoto
None asigaye atemba itutu
Hano mu rwobo rwa Bayanga.

Maze ababyeyi b’uwo mwari
Ikibunda cyinshi kirabasanga
Ijuru ryose rirabagwira
Bavuma rwose inda yamubyaye.

Niba werekeje iy’inyanja
Ntutetereze musare
Murobe menshi kandi meza
Maze ababyeyi babahe impundu.

Heka heka shema ry’u Rwanda
Shyira imugongo ga urabikwiye
Ni ubyara Rwanda rwejo
Maze tukwite Rugorirwera.

Kuva mu bwangavu ntiwazuyaje
Gutega yombi abakubyaye
Ni na yo mpamvu mu gihe nk’iki
Tukubonyemo umuteguro.

BANGAMBIKI,15/02/2001

Uburyo bwo Kubenga Umukobwa mu Kinyabupfura

1.Ndatekereza ko uri nka mushiki wanjye( igisobanuro-ntunshimishije)

2.Ndacyari umwana(igisobanuro-urangana na mama)

3.Singukunda muri ubwo buryo(igisobanuro-uri igikobwa kibi-kitagira agasura, nagira isoni turi kumwe)

4.Nta gahunda ndafata(igisobanuro-mfite inshuti nyinshi z’abakobwa)

5.Mfite indi nshuti y’umukobwa(igisobanuro-byaruta kwibana nakenera umukobwa nkikinisha aho kugira ngo umbere inshuti)

6.Sinjya nganira n’abakobwa aho nkorera/niga(igisobanuro-singushaka)

7.Amakosa si ayawe ni ayanjye(igisobanuro-amakosa ni ayawe)

8.Ndacyakomeye ku kazi kanjye/amashuri yanjye(igisobanuro-nubwo ibindi ndimo bitanshimishije, birakuruta)

9. Ntabwo nzashaka(igisobanuro-ntabwo nashakana n’umukobwa nkawe)

10.Tube inshuti gusa(igisobanuro-niba witeguye kujya ku murongo wa nyuma!)

Uburyo 10 Bwo Kubenga Umusore Mu Kinyabupfura

Uburyo 10 Bwo Kubenga Umusore Mu Kinyabupfura

1.Ndatekereza ko uri nka musaza wanjye( igisobanuro-ntunshimishije)

2.Ndacyari umwana(igisobanuro-urangana na data)

3.Singukunda muri ubwo buryo(igisobanuro-uri igihungu kibi-kitagira agasura, nagira isoni turi kumwe)

4.Nta gahunda ndafata(igisobanuro-mfite inshuti nyinshi z’abahungu)

5.Mfite indi nshuti y’umuhungu(igisobanuro-byaruta kwibana nakenera umusore nkikinisha aho kugira ngo umbere inshuti)

6.Sinjya nganira n’abahungu aho nkorera/niga(igisobanuro-singushaka)

7.Amakosa si ayawe ni ayanjye(igisobanuro-amakosa ni ayawe)

8.Ndacyakomeye ku kazi kanjye/amashuri yanjye(igisobanuro-nubwo ibindi ndimo bitanshimishije, birakuruta)

9. Ntabwo nzashaka(igisobanuro-ntabwo nashakana n’umusore nkawe)

10.Tube inshuti gusa(igisobanuro-niba witeguye kujya ku murongo wa nyuma!)

Sobanukirwa n’Imvugo y’Abagabo

Sobanukirwa n’Imvugo y’Abagabo

ndashonje=ndashonje
ndumva nshaka kuryama=ndashaka kuryama
ndarushye=ndarushye
mbese urashaka ko tujya muri cinema?=ariko ukaza kumpa
mbese dusohokane tujye gutembera?=urampera yo
mbese nshobora kujya nguhamagara?=ndifuza ko wazampa
wambaye neza=icyampa ukampa
urasa n’ufite ibibazo=iri joro ahari ntumpa
ndumva naniwe=nta bushake bwo guswera iri joro
ndagukunda=mpa igituba nonaha
wakoze umusatsi wawe neza=uko umusatsi wawe wari umeze mbere ni byo byari byiza
tuganire=ndi umuntu wiyubashye washobora guhuza igitsina na we
mbese urumva tuzashakana?=nta wundi ugomba kujya uha usibye jye
(mu iduka)njye mpisemo kiriya=gura ibyo ubonye dutahe urimo kunkereza

Ndagukunda mu Ndimi Zinyuranye

Afrikaans – Ek is lief vir jou

Albanian – te dua

Arabic – Ana Ahebak / Ana Bahibak

Armenian – yes kez shat em siroom

Assyr- Az tha hijthmekem

Alentejano(Portugal) – Gosto De Ti, Porra!

Bahasa Malayu – (Malaysia) Saya cinta mu

Basque – Maite Zaitut

Bengali – Ami Tomake Bahlobashi

Bavarian – I mog di

Bisaya – Nahigugma ko nimo

Bosnian – Ja te volim (formally) or volim-te

Bulgarian – Obicham te

Bulgarian – Obicham te

Burmese- chit pa de

Cantonese – Ngo Oi Nei

Chinese – gnoy oy na
Goi Oi Lei (Hongkong)
Wa Ai Li (Taiwan)

Cambodian – Bon sro lanh oon

Catalan – T’estim (mallorcan)

Croatian – LJUBim te

Czech – miluji te

Danish- Jeg elsker dig

Dutch – Ik hou van jou

English – I love you

Esperanto – Mi amas vim

Estonian – Ma armastan sind / Mina armastan sind (formal)

Farsi – Tora dust midaram

Filipino – Mahal ka ta

Finnish – Minä rakastan sinua

French – Je t’aime

Gaelic – Tá mé i ngrá leat

German – Ich liebe Dich

Greek – S’agapw

Greenlandic – Asavakit

Gujrati – Hoon tane pyar karoochhoon

Hawaiian – Aloha wau ia ‘oe

Hebrew – Ani ohevet ota

Hindi – Main tumsey pyaar karta hoon / Maine Pyar Kiya

Hmong – Kuv Hlub Koj

Hungarian – Szeretlek

Hokkien – Wa ai lu

Hopi – Nu’ umi unangwa’ta

Icelandic – Eg elska thig

Indonesian – Saya cinta padamu

Italian – ti amo

Indian – Mai tumase pyar karata hun (male to female) Mai tumase pyar karati hun (female to male)

Irish – taim i’ ngra leat

Japanese – Aishiteru

Javanese – Kulo tresno marang panjenengan (formal)
aku terno kowe (informal)

Kapangpangan – Kaluguran daka.

Kinyarwanda- Ndagukunda

Kirundi-Ndagukunda

Korean – SA LANG HAE / Na No Sa Lan Hei

Kurdish – Khoshtm Auyt

Laos – Chanrackkun

Latin – Ego te amo

Latvian – Es mîlu Tevi

Lithuanian – As Myliu Tave

Lebanese – Bahibak

Lingala – Nalingi yo

Lojban – mi do prami

Luo – Aheri

Macedonian – Te sakam

Mandarin – Wo Ai Ni

Malteese – Inhobbok hafna

Malay – Saya cintakan mu / Saya cinta mu

Norwegian – Jeg elsker deg

Persian – Tora Doost Darem

Pig Latin – I-yea Ove-lea Ou-yea

Polish – Kocham Cie

Portuguese – Eu te amo (Brazilian)
Eu amo-te (continental)

Punjabi – me tumse pyar ker ta hu’

Romanian – Te iubesc

Russian – Ya tebya liubliu

Serbo-Croatian – Volim te

Xangana- Nakurandza

Sign language –
__ ( )
( ) |__|
|__| __ __| |
| |( )( )|__| __
|__||__||__|| | / )
| (__)(__) | / /
| |/ /
| / /
\ /

Slovenian – ljubim te

Swedish – Jag älskar dig

Swiss German – Ch-ha di gärn

Spanish – Te quiero / te amo / yo amor tu

Swahili – Nakupenda

Tagalog – Mahal Kita / Iniibig kita

Tamil – Naan Unnai Khadalikkeren

Telugu – Nenu Ninnu Premisthunnanu

Thai – Khao Raak Thoe / chun raak ter

Turkish – seni seviyorum

Ukranian – Yalleh blutebeh / ya tebe kohayu

Urdu – Mea tum se pyaar karta hu ( when a guy says it)
Mea tum se pyar karti hu (when a gal says it)

Vietnamese – Toi yeu em

Vulcan – Wani ra yana ro aisha

Yugoslavian – Ya te volim

Zazi – Ezhele hezdege

Zulu – Mena Tanda Wen

Umuntu Yamenya Ate Ko Umukobwa Amukunda

Umuntu Yamenya Ate Ko Umukobwa Amukunda

Kugira ngo umenye ko umukobwa agukunda hari ibimenyetso akora byerekana ko agukunda

-akubaha uko uri:arashima,agushima uko akubona.Ushobora kuba hari aho ufite intege nke ariko akagukunda abizi

-ntagusaba ibyo udafite: bisigaye byarateye ko abakobwa bamara gukundana n’abahungu bagatangira kubagerekaho imtwaro. Umukobwa ugukunda ubona ntacyo agutegerejeho usibye urukundo umukunda

-ntagira ishyari: umukobwa ugukunda urukundo rw’ukuri ntaguterera induru ngo akubuze amahoro ngo uganira n’abandi bakobwa, ubona akwizeye kandi yiteguye kuguha uburenganzira bwawe.

-igitangaje ni uko umukobwa ugukunda ashobora kukwemerera mugakora byose b’urukundo ariko agatinya ko mwahuza igitsina( aba yanga ko urukundo rwanyu rwakwicwa no gupfundura agaseke hakiri kare harimo nuko ushobora kumutera inda mukiri bato urukundo n’imibereho bikangirika.)

Urukundo gusa ni amayobera byose bisaba gushishoza umusore n’inkumi bakirinda guhubuka, turabizi ko amaraso aba ashyushye kandi urubyiruko rumeze nk’impumyi ku bibazo birwugarije.

Isomo ry’Urukundo

Nuramuka ukundanye n’umuntu ukavumbura ko nta rukundo agufitiye, uzihangane mu mutima wawe. Nta kibazo ufite si nawe uba utumye atagukunda, nuko urukundo ruba rutarahisemo gutura mu mutima we.

Nuramuka ubonye kanaka agukunze cyane, ariko ukumva nta rukundo umufitiye uzashimishwe nuko wubashywe n’urukundo rwaje rukomanga ku muryango wawe ariko ukananirwa kurwitaba. Ntuzafate nk’ikigoryi uwo ushatse kukwereka urukundo, kandi ntukamubabaze.

Uburyo ubanamo n’urukundo ni nk’uburyo wibanamo ubwawe, kandi imitima yacu buyra igira imibabaro n’ibiyishimo bingana nubwo twese dutandukanye.

Nuramuka ukundanye n’umuntu na we akagukunda, noneho umunsi umwe urukundo muri umwe rugahitamo kwigendera, uzarureke rugende, kandi ntuzagira uwo ugerekaho icyaha. Ubwo haba hari impamvu biba bibaye. Uko iminsi izagenda ishira uzabimenya.

Ugomba kumenya ko udahitamo urukundo ahubwo ari urukundo ruguhitamo. Ugomba gusa kurwemera nk’amayobera mu buzima bwawe. Nubona rwagusabye, ujye ugabanyiriza ho abandi.

Kandi jya urwishyura uwaruguhaye.

Jya ukwiza urukundo ku abataruzi, ndetse urukwize isi yose.

Hari aho abakunzi bibeshya. Iyo hashize igihe kinini nta rukundo biyumvamo, batekereza ko bakeneye urukundo. Babona imitima yabo nk’ibyibo birimo ubusa bitegereje kuzuzwa n’urukundo, bagatangira gutekereza urukundo nk’ikintu kiza kibasanga kuruta ikintu gishobora kubavamo bagiha abandi.

Urukundo rushya ruba rushyushye kandi rusabagira ku buryo rugera ku bandi, iyo rumaze guhora umuntu atagishaka ku rutanga yifuza ko barumuha. Barekeraho kuba abatanga urukundo bakaba abarukeneye. Urukundo, uko urutanga niko rukuzuramo, uko urwimana niko rugushiramo.

Urukundo ni impano, rushobora gukura gusa iyo rutanzwe.

Ibuka ibi buri gihe. Urukundo rugira ibihe byarwo, rukagira impamvu zarwo zo kwinjira n’impamvu zo gusohoka. Ntabwo waruha ruswa ngo rwinjire, ntiwanarugurira ngo ntirugucike, ntiwanarubwira amagambo y’ubwenge ngo ruyasobanukirwe.

Ushobora gusa kwakira urukundo igihe rwinjiye kandi ukarusangira n’abandi ariko iyo ruhisemo kugusohoka mu mutima cyangwa mutima w’umukunzi wawe ntaco ushobora gukora nta n’icyo ugomba gukora.

Urukundo rwahoze kandi ruzahora ari amayobera. Ishime rero niba rwarahisemo gutura mu mutima wawe nubwo kaba ari akanya gato mu buzima bwawe.

IBITEKEREZO BY’URUKUNDO

IBITEKEREZO BY’URUKUNDO

Urukundo niruguhamagara uzitabe
Nubwo inzira zarwo ari amazamuka kandi zigoye
Amababa yarwo nakuzenguruka ntuzange
Nubwo amacumu ahishe muri ayo mababa azakujomba
Nirukubwira akajambo keza uzakemere
Nubwo ijwi ryarwo ryagusenyera inzozi nziza nka serwakira
Kuko nubwo urukundo ruzakwambika ikamba ku mutwe
Ni nako ruzakubamba ku musaraba
Nubwo rukureka ugasugira ugasagamba
Iyo rugutemaho amashami rudashaka birababaza-Kahlil Gibran, traduit de l’anglais par Bangambiki

Urukundo ni cyo kintu ushobora kuvuniraho abantu benshi ntigishire mu biganza byawe!-Anne Morrow Lindbergh, traduit de l’anglais par Bangambiki

Umutima ukunda uhorana itoto-Uknown, traduit de l’anglais par Bangambiki

Sinigeze menya uko basenga mbere y’uko mvumbura uko bakunda-Henry Ward Beecher, traduit de l’anglais par Bangambiki

Nta mirimo y’igitangaza twashobora gukora kuri ino si, uretse gukora uturimo duto n’urukundo rwinshi-Mother Teresa, traduit de l’anglais par Bangambiki

Hari ibibazo bine by’ingenzi mu buzima njya nibaza:
-Ni ikihe kintu cyera/gitagatifu kurusha ibindi?
-Mbese roho ikoze mu ki?
-Ni iyihe mpamvu yatuma nkomeza kuba ndiho?
Ni iyihe mpamvu yatuma mpara amagara yanjye?
Igisubizo kuri ibyo bibazo byose nasanze ari kimwe:URUKUNDO-Johnny Depp, traduit de l’anglais par Bangambiki

Kimwe mu bintu bigoye mu buzima ni ukugira amagambo mu mutima wawe udashobora kwatuza akanwa!-James Earl Jones, traduit de l’anglais par Bangambiki

Umunsi imbaraga z’urukundo zaruse urukundo rw’imbaraga, isi izagira amahoro-Jimi Hendrix traduit par Bangambiki

Bimaze iki kubaho niba wumva utariho,-Uknown traduit de l’anglais par Bangambiki

Urwango ntirurangizwa n’urundi. Urwango rurangizwa n’urukundo. Iri ni itegeko rya kamere-Guatama Buddha, traduit de l’anglais par Bangambiki

Urukundo ni ubwiza bwa roho-Saint Augustine of Hippo traduit de l’anglais par Bangambiki

Ntabwo dukunda umuntu kuko twasanze ari intungane, ahubwo twiga kubona mu ishusho nziza umuntu utari intungane-Sam Keen, traduit de l’anglais par Bangambiki

Abagabo baba abakunze beza iyo barimo guhemukira abagore babo-Marilyn Monroe, traduit de l’anglais par Bangambiki

Urukundo ngukunda ni rurerure cyane ntaho ruhuriye n’amacentimetro make nkwinjiramo-Uknown, traduit de l’anglais par Bangambiki

KUKI ABAKOZI B’IMANA BAGWA MU BUSAMBANYI

KUKI ABAKOZI B’IMANA BAGWA MU BUSAMBANYI
par Bangambiki

Abapadiri, abapasitori n’abandi bakozi b’iImana bakunze kuregwa kugwa mu cyaha cy’ubusambanyi, ndakeka hari padiri cyangwa pasitori waba uzi wabaye ikirangirire kubera gukunda icyamubyaye. Impamvu zituma aba bakozi b’Imana bagwa muri icyo cyaha ngo ni uko abagore babakunda. Aba bagabo bavuga ubutumwa bakunze kuba bitonda. Iyo umugore abasanze afite ikibazo kimugoye bamwakirana urukundo n’urugwiro, bakamwumva bakagerageza kumukemurira ikibazo uko bashoboye kose. Kubera ko abagore benshi baba mu ngo zuzuye amahane n’umwiryane, bitangaza umugore kubona hari umugabo ushobora kumwumva no kumwitaho. Iyo rero umugore agukunze akenshi yumva yagukorera icyo umusabye cyose. Nguko uko umuvugabutumwa ajya mu byo gukirigitana!

NI GUTE UMUKOZI W’IMANA YAKWIRINDA KUGWA MU CYAHA CY’UBUSAMBANYI

Nubwo waba uri mu mwuka umenye ko ukigendana n’umubiri kandi ushobora gushyukwa no kwifuza umugore w’undi. Bityo -birabujijwe rwose gukunda gukora kenshi k’umugore igihe umugira inama.
-ntukajye ugira inama umugore mu cyumba mwikingiranye mwenyine, ibitekerezo bishobora kuyoba
-nugira inama umugore akenshi jya uba uri kumwe n’umugore wawe
-jya ubana neza n’umugore wawe kandi akurangirize inshingano z’umubiri agomba kukurangiriza.

Uburyo bwo kubwira umukobwa ko umukunda

Uburyo bwo kubwira umukobwa ko umukunda
par Bangambiki

Nibucya mwaraye mumenyanye uzamuhamagare

Naguterera igiparu uzaseke

Mubwire ko ujya umukumbura

Mutelefone umubwire ko wari urimo kumutekerezaho

Muture umuvugo

Byinana na we

Mushyire uturabo nta mpamvu igaragara

Mwandikire akabaruwa ko kumusuhuza

Ntukibagirwe anniversaire ye kandi umushyire akantu kamushimishije

Igihe murimo kuganira mutungure umusome

Musohokane ku kagoroba ni bwira mwirebere inyenyeri

Mubwire akabanga utarabwira undi muntu

Mubwire ukuntu ari igitego mu bakobwa

Mubwire ko umukunda