KWIHANGANIRA GUHEMUKIRANA KW’ABASHAKANYE

KWIHANGANIRA GUHEMUKIRANA KW’ABASHAKANYE

Abagabo bafite ubushobozi bwo “kugabanya umutwe wabo mo ibice bibiri.”Umugabo ashobora kumenya gutandukanya urukundo n’igitsina. Umugabo aba azi icyo ashaka. Ni yo mpamvu iyo umugabo asambanye hanze y’urugo bitaba bivuze ko yifuza kurusenya.

Ku bagore ho n’ibindi bibazo, ntibamenya gutandukanya ibya roho n’iby’umubiri! Byose baravanga, umugore umwe yaravuze ati “sinumva ukuntu naryamana n’undi mugabo ndi muzima ntasinze, ntamukunda cyangwa nta gahunda ndende dufitanye yo kuzakomeza gukundana. Nabikora gusa nzi neza ko nta ejo habyo hazabaho, ni ukuvuga turamutse duhuye gitungura tutaziranye, tukabikora, nkahita mubura nkuko yaje sinzongere kumubona.”

Umugore iyo akunze umugabo, amwimariramo uruhu n’uruhande, niyo mpamvu bigora abagore kugira inkundo zirenze rumwe. Umushakashatsi mu mibanire y’abashakanye wo mu gihugu cya Portugal witwa Jose Gameiro avuga ko “Umugore watangiye guca umugabo inyuma aba ateye ubwoba, kuko amahirwe y’uko azakomeza kubana n’umugabo we aba ari make.”

Abagore birabagora gukunda abagabo barenze umwe icyarimwe ni nko gusatura umutwe mo ibice bibiri. Bishobokera abagabo ariko ku bagore biragoye. Muganga Claudia Morais agira ati “si ngombwa ko umugore afatwa yaciye umugabo inyuma kugira ngo habeho ibibazo. Abarwayi banjye benshi ntawabafashe ahubwo barizanye bamaze kurembywa no kunanirwa no kubaho ubuzima bubiri.”

Inkundo Eshatu

Mbere na mbere uzahura n’umuntu ukunda cyane maze umenye uko gukunda bimera. Numara kumenya uko urukundo rumera, uzamenya ugukunda cyane kurusha abandi kuko ubizi. Numara gukunda no gukundwa uzamenya icyo ukeneye mu rukundo, maze uhitemo uwo uzakunda ubuziraherezo.

Ikibabaje ni uko mu buzima burya uwo ukunda cyane, ugukunda cyane, n’uwo muzabana ubuziraherezo bakunze kuba ari abantu batandukanye. Hari ubwo uwo wumva ukunze cyane aba atagukunda, ugukunda cyane ntube ari we ukunda cyane kandi ugasanga hari ubwo uwo muzabana ubuzima bwose atari we ugukunda cyane naw e utamukunda cyane. Gusa akaba yarashoboye kuboneka mu gihe wari ukeneye gukora ibyo wifuzaga gukora.

Mbese ufite ruhare ki mu buzima bw’abandi bantu? Iyo umuntu agukunda aba agukunda, iyo kandi arekeyeho kugukunda, aba arekeye aho kugukunda. Iyo umuntu agukunda biragora guhisha ko agukunda. Niba umuntu agukunda ariko byageraho urukundo yari agufitiye rugashira mu gihe urwawe rwari rugikomeye, mwifurize ibyiza n’amahirwe mu mibanire ye n’uwo akunda kukurusha. Niba umubujije guhaguruka ngo yisangire urukundo rukuruta bigaragaza ko utamukunda kandi nta n’uburenganzira ufite bwo kumuhagarika.

Gukunda si ugutwara, niba ukunda ukwezi ntibivuga ko uzakumanura ngo ukubike ku ntara yawe ahubwo urareka imirasire yako ikakugeraho. Niba ukunda umuntu si ukuvuga ko wamuguze ugomba kumureka akabaho mu mahoro n’umudendezo. Uburyo bwiza kumugumana ni ukutamwibagirwa mu bitekerezo byawe, ukamuzirika ku nkingi z’umutima wawe.

Niba ukunda umuntu umukundira ibyiza bye n’ibibi bye. Umukunda uko ari. Nta wakwifuza ko ahinduka ngo abe uko wifuza kuko umukunda kuko iyo binaniranye ko ahinduka, kumukunda birakugora.

Iyo ukunda umuntu ntushobora gutanga impamvu umukunda, umukundira icyo ari cyo kandi ukifuza ko buri gihe yaguhora iruhande.

Urukundo nyarukundo ni urunyura mu muriro w’ibibazo n’amagorwa rugasohokamo rwemye.

Mbese kuki abakundana basabana kurahira? Ni uko baba batizeranye. Iri rahira ntacyo rimaze. “Kugeza ijuru riguye, kugeza inyanja ikamye, sinzaguhemukira”. Ahubwo se ibyo byazaba mukiriho. Ntukajye usezeranya umukunzi ibyo uzi ko utazashobora.

Itandukaniro Hagati y’Urukundo n’Agahararo

Mbese ni urukundo ufite cyangwa urakeka ko byaba ari urukundo?

Hariho itandikaniro rinini hagati y’urukundo n’agahararo ariko benshi muri twe ntituzi kubitandukanya. Hari igihe umuntu atekereza afite urukundo kandi ari agahararo kamushashije! Agahararo ukwifuza undi cyane by’ako kanya. Ni umubiri uba urimo guhamagara undi.

Urukundo ni ubushuti bwagurumanye! Ruraterwa rukamera, rugakura ubundi rukagurumana!

Ikizakubwira ko icyo ufite atari urukundo ahubwo ari agahararo ni uko uzumva nta mutekano ufite. Uzajya wumva ushigukiye kuba uri kumwe na we ariko wumve nta mahoro ufite. Uranga ukagira utubazo tudashira, kandi ugakomeza gukeka utuntu twinshi. Ariko ibi byose ukabyirengagiza, ukabirenza ingohi ubireba ngo bitakwicira inzozi!-Kandi umunsi umwe muzahura!

Urukundo rwo ni ukwemerana umutuzo ko uwo ukunda atuzuye, ko hari ibyo abura. Uba ubibona, bigaragara, ariko ntibikubuza kumukunda, kandi ukomeza kumutekereza nubwo yaba adahari. Kuba adahari nta cyo bitwaye kuko ugira byinshi umwibukiraho mu mutima wawe. Aho ari hose uramutegereza kandi ukaba ufite ikizere ko azaza.

Mu gahararo, umuntu aravuga ati “reka dushakane vuba, batazamuntwara.” Urukundo rwo rugira ruti”ihangane, kora gahunda zawe witonze”

Agahararo karangwa no kwifuza guhuza igitsina kenshi. Buri gihe iyo muri kumwe muba mwitekerereza akari mu ijipo cyangwa mu ikabutura!

Urukundo ntirwubaka ku gitsina ahubwo rwubaka ku bucuti noneho bigatuma guhuza igitsina biryoha kurushaho, kuko muba mubwirana uburyo mukundana mu buryo amagambo adashobora gusobanura. Mugomba kuba inshuti mbere y’uko muba abakunzi.

Agahararo ntikagira ikizere, iyo umukunzi ari kure, utekereza ko arimo gusambana. Rimwe na rimwe ukamugenda inyuma rwihishwa ngo umucunge cyangwa umufate!?

Urukundo rurizera, rukagira umutekano. Bikanatuma uwizewe arushaho gukunda no kudahemukira umukunzi.

Agahararo kashobora kugushora mu bikorwa by’ubuhemu wazicuza, urukundo rwo ntirukubeshya.

Urukundo rurakuzamura, rukakwigisha ubwenge. Umuntu ukunda aruta umuntu udakunda. Kuko iyo ukunda, uha abandi agaciro, udakunda aba ari ntacyo bimbwiye. Rimwe mu mabanga y’ubuzima ni uko kubaho gusa bidahagije ahubwo tugomba kugira n’icyo tubereyeho.

Inama ku Musore Ugiye Kurambagiza I

1.Ambara neza:ambara imyenda myiza yiyubashye. Ushobora kugura imyenda y’igiciro kandi igezweho. Uwambaye neza agaragara neza. Abantu niko dukoze umuntu yambara neza bikamwongerera agaciro, yakwambara nabi bikamugayisha.

2.Tera Ipasi Imyenda Yawe: Gusohokana n’umukobwa wambaye imyenda yihinahinnye idateye ipasi birasebye kandi bigaragaza ko uri ntacyobimbwiye. Ubwo se ni nde wakwifuza kuzakubera umugeni witwara utyo.

3.Baza Undi Mugore/Mukobwa: Baza undi mugore cyangwa umukobwa wishyikiraho nka mushiki wawe igishimisha umukobwa musohokanye cyangwa uko wakwitwara. Kuko aba ari umukobwa aba azi ayo mabanga kandi yagufasha.

Ikibazo cy’Urukundo

Hari umuhungu umwe wakundaga abakobwa babiri kandi akumva rwose abakunda cyane ku buryo bungana ariko umunsi umwe aza kwibaza uwo akunda cyane kurusha undi biramuyobera. Niko kumbaza. Dore igisubizo namuhaye:

Namubajije ikibazo nti “Mbese iyo wishimye wumva wabibwira uwuhe mukobwa? Uwo wabibwira ni uwo ukunda”

Ndongera ndamubaza nti “Mbese iyo ufite akababaro nn’agahinda wumva ari nde wabibwira?Uwo wabibwira ni uwo ukunda”

Niba utekereza ku mukobwa umwe iyo wishimye n’iyo ubabaye, uwo ni we ukunda cyane. Ariko niba udatekereza umukobwa umwe mu mibabaro no mu byishimo nakubwira ko uwo ukunda cyane ari uwo wakwifuza kubwira akababaro n’agahinda byawe.

Mu buzima habamo akababaro kenshi kurusha ibyishimo kandi hari abantu benshi ushobora kubwira ibyishimo byawe batari abakunzi bawe kandi iyo ubuzima bwawe ari bwiza ushobora no kubyishimira wenyine.

Mu kababaro ariko si ko bimeze, nta bantu benshi ufite ushobora gutura agahinda kawe. Uwo ushobora kubwira agahinda kawe aba r ari umuntu wizeye kandi ukunda.

Nubona ushobora gusanga umuntu umwe igihe wishimye
ariko ukihitiramo undi igihe ubabaye ujya umenya ko buryo uwo umutima wawe uhengamiyeho cyane ari uwo ubwira akababaro kawe.

UBURYO BWO KUBWIRA UMUKOBWA KO UMUKUNDA


Uburyo bwo kubwira umukobwa ko umukunda
par Bangambiki

Nibucya mwaraye mumenyanye uzamuhamagare

Naguterera igiparu uzaseke

Mubwire ko ujya umukumbura

Mutelefone umubwire ko wari urimo kumutekerezaho

Muture umuvugo

Byinana na we

Mushyire uturabo nta mpamvu igaragara

Mwandikire akabaruwa ko kumusuhuza

Ntukibagirwe anniversaire ye kandi umushyire akantu kamushimishije

Igihe murimo kuganira mutungure umusome

Musohokane ku kagoroba ni bwira mwirebere inyenyeri

Mubwire akabanga utarabwira undi muntu

Mubwire ukuntu ari igitego mu bakobwa

Mubwire ko umukunda

IMPAMVU BURYA ABAKOBWA BAKUNDA ABAHUNGU

Aya magambo ni ukuri ariko twayashyize mu kanwa k’umukobwa!

Uburyo bagukora mu musatsi

Uburyo bakureba ukumva wishwe n’iyo ndoro

Uburyo bakuzengurutsa amaboko

Uburyo baguhanagura amarira

Uburyo basazwa no kutarangiza ibibazo byawe

Uburyo bakurata mu nshuti zabo

Uburyo amaso yabo acana iyo uhingutse

Uburyo bazi kuvuga ikigushimisha

Uburyo bakwiyegereza iyo hari imbeho

Uburyo bakurebana umutuzo iyo wabasaranye umujinya wawe ugahita ushira

Uburyo bamwenyura iyo muri kumwe

Uburyo bakureka ugatsinda umukino murimo gukinana

Uburyo bavuga ngo “ndagukunda”

Uburyo bagufata mu maboko yabo nk’abafashe ikintu gishobora kumeneka

Uburyo bagusomamo

Uburyo batemera ko wababaje

Uburyo bihangana ntibarire iyo bafite ubwoba ko ushobora kuba utabakunda

Uburyo batekereza ko bakurinda nubwo waba utekereza ko ari wowe ubarinda

Uburyo bavuga ngo nari ngukumbuye

Uburyo tubakumbura iyo badahari

Uburyo bibuka ibihe ukunda na za anniversaires zawe nubwo waba ukeka ko bibagiwe

Uburyo basaba imbabazi iyo bibagiwe

Uburyo bagukomeza iyo wagize umunsi mubi

Uburyo bakwandikira utubarwa tw’urukundo

Uburyo bifuza kwibanira na we kuruta izindi nshuti zabo

Uburyo wifuza kubasoma nubwo baba buzuye icyuya

Abahungu turabakunda tukumva ari byose mu buzima bwacu. Iyo ubarebye mu mutima ukareba ukuntu bakunda abakobwa usanga ntawavuga ukuntu twagombye kubakunda umunwa ntiwabivuga ngo ubishobore umutima wonyine ni wo uzi ukuntu tubakunda.

IBINTU BY’INGENZI UMUKOBWA AGOMBA KUMENYA KU BAHUNGU

Abahungu benshi ntibakunda abakobwa banini

Abahungu bakunda abakobwa bafite imisatsi miremire

Niba ubajije umuhungu ikibazo udashakira igisubizo menya ko azaguha igisubizo utifuzaga kumva

Hari igihe umuhungu aba atagutekerezaho- ugomba kubana na byo

Ntukabaze umuhungu ibyo arimo gutekereza ashobora ashobora kubifata nabi

Abahungu bakunda imikino ngororangingo, ntukayimubuze

Ntibamenya kugura ibintu mu iduka

Bashimishwa n’icyo wambaye cyose

Jya ugira imyenda n’inkweto byinshi

Abahungu ntibakunda umukobwa wiriza, batekereza ko ari ukwigiza nkana

Umuhungu atekereza ko iyo uvuze ko musaza wawe ari ikigoryi, inshuti y’umuhungu wahoranye akaba ari ikigoryi, na so ashobora kuba ari ikigoryi, n’uwo muhungu akaba ari ikigoryi

Bwira umuhungu icyo ushaka, kwipfusha ntibikora

Umuhungu ashobora kwibagirwa anniversaire yawe, yishyireho akamenyetso muri calendrier

Ntukamamubeshye ko agushimisha, igishimisha umuhungu ni ukumenya ko yabikoze nabi kugira ngo yikosore

Umuhungu ntiyifuza ko umukobwa yazamura iby’amakosa yakozwe mu mezi cyangwa imyaka ishize

Uwigize agatebo ayora ivu-Iheshe agaciro imbere y’umuhungu

Reka yirebere ku bandi bakobwa, none se yabwirwa n’iki ko uri Ikibasumba

Agahararo karashira haguma urukundo

Ntukamubwire ko abakobwa bambaye ubusa bo mu binyamakuru atari beza, kuko aba abareba nyine uba ubaza amenyo y’inkoko ureba umunwa!!

WARI UZI KO-ABAGABO N’ABAGORE BAKUNDA KUREBA UMUGORE WAMBAYE UBUSA

Ubushakashatsi bugaragaza ko abagabo n’abagore bose bashimishwa no kureba umubiri w’umugore wambaye ubusa. Za magazine Playboy n’izindi ziriho abagore bambaye ubusa zikundwa n’ibitsina byombi ngo impmpamvu ni uko umubiri w’umugore uremye neza kandi ubereye ijisho ngo naho umubiri w’umugabo nta elegance ugira kandi urarumbaraye unuzuyeho ibyoya! Ni igitangaza.

Privacy Policy

We at www.igihe.info take your privacy seriously. This privacy policy describes what personal information we collect and how we use it.

Routine Information Collection

All web servers track basic information about their visitors. This information includes, but is not limited to, IP addresses, browser details, timestamps and referring pages. None of this information can personally identify specific visitors to this site. The information is tracked for routine administration and maintenance purposes, and lets me know what pages and information are useful and helpful to visitors.

Cookies and Web Beacons

Where necessary, this site uses cookies to store information about a visitor’s preferences and history in order to better serve the visitor and/or present the visitor with customized content.

Advertising partners and other third parties may also use cookies, scripts and/or web beacons to track visitors to our site in order to display advertisements and other useful information. Such tracking is done directly by the third parties through their own servers and is subject to their own privacy policies.

Controlling Your Privacy

Note that you can change your browser settings to disable cookies if you have privacy concerns. Disabling cookies for all sites is not recommended as it may interfere with your use of some sites. The best option is to disable or enable cookies on a per-site basis. Consult your browser documentation for instructions on how to block cookies and other tracking mechanisms.

Special Note About Google Advertising

Any advertisements served by Google, Inc., and affiliated companies may be controlled using cookies. These cookies allow Google to display ads based on your visits to this site and other sites that use Google advertising services. Learn how to opt out of Google’s cookie usage. As mentioned above, any tracking done by Google through cookies and other mechanisms is subject to Google’s own privacy policies.

About Google advertising: What is the DoubleClick DART cookie? The DoubleClick DART cookie is used by Google in the ads served on publisher websites displaying AdSense for content ads. When users visit an AdSense publisher’s website and either view or click on an ad, a cookie may be dropped on that end user’s browser. The data gathered from these cookies will be used to help AdSense publishers better serve and manage the ads on their site(s) and across the web. Users may opt out of the use of the DART cookie by visiting the Google ad and content network privacy policy.

Some third-party advertisers used by Google may use a different cookie. You may opt out of most third-party advertising cookies by following this link and visiting the Network Advertising Initiative opt-out page, or by visiting this Consumers page to opt out of all advertising cookies.

Contact Information

Concerns or questions about this privacy policy can be directed to us via our comment form on any post for further clarification.