Mu gihe abazi iby’imiziki badasiba gukora urutonde rw’abahanzi b’ibihangange ,urubuga rwa Zigonet na rwo ntirwasigaye kuko rwashyize ahagaragara urutonde rw’abagabo b’ibihangange mu kuba baraciye agahigo mu gutera akabariro n’abagore benshi ku isi.
Aba bagabo b’imfizi z’isi mu buryo buhambaye bari ku rutonde rw’abagabo biswe Casanova rukaba rugaragazako uwitwa Umberto Billo ari we uza ku mwanya wa mbere akaba yarabonanye n’abagore bagera ku 8.000.
Uyu musore yakoraga muri hoteli akaba yari ashinzwe kwita ku mbwa n’indogobe z’abakiriya baje muri hoteli(Groom).Ngo yari ashinzwe kandi no guterura imizigo y’abakiliya ayijyana mu byumba byabo.
Kubera kugera mu byumba by’abagore inshuro nyinshi,yashoboye no kujya abonana n’abagore akangari bikaba byaramufashije kwegukana umwanya wa mbere.Uyu musore w’imfizi y’isi ntabwo ari we uboneka kuri uru rutonde gusa kuko akurikiwe n’abandi b’ibihangange.
Uru rutonde rwerekanako uwambere ku isi mu kuba yarabonanye n’abagore benshi ari Umberto Billo uza afashe ibendera akaba yararyamanye n’abagore 8.000.Uwakabiri ni uwitwa Charlie Sheen wabonanye n’abagore 5.000 naho uwa gatatu akaba Gene Simmons wabonanye n’abagore 4.600.
Umusore wa kane mu kuryamana n’abagore benshi ni Julio Iglesias washoboye kubonana n’abagore 3.000.Uwa gatanu ni Englebert wabonanye n’abagore 3.000 naho uwa gatandatu akaba Ilie Nastase wabonanye n’abagore 2.500.
Uwa karindwi ni Nicholson washoboye kubonana n’abagore 2.000,uwa munani ni Lemmy Kimister washoboye kubonana n’abagore 1.200 mu gihe uwa cyenda ari uwitwa Magic Johnson wateranye akabariro n’abagore 1.000.Ku rutonde rw’aba bakinnyi bakinira mu bibuga bitagira abasifuzi uza ku mwanya wa nyuma ni umugabo witwa Bill Wyman 1.000.
Kugirango hakorwe uru rutonde aba basore b’ibihangenge mu kubonana n’abagore benshi ku isi ni bo bitangiye ubuhamya mu byo bagiye bakora ku buryo ndetse kizigenza kuri uru rutonde we yanatangajeko hari igihe yabaga aryamanye n’abagore bagera kuri bane afite n’undi umwe mu rugo rwe.Ni ukuri koko akabi karimenya nta mbwa igira umushumba.
Iyi nkuru tuyikesha urubuga rwa net rwa Zigonet .com.