Uwamahoro Lynda

by www.igihe.info
Uwamahoro LyndaUmunyarwandakazi Uwamahoro Lynda umwe mu bakobwa bubatse izina kuri Televiziyo muri Uganda yahishuye umwihariko agira mu buriri mu gushimisha abagabo, avuga ku buzima bwe busanzwe ndetse agira n’inama abakobwa bagenzi be.

Mu kiganiro kirambuye yagiranye n’Ikinyamakuru Red Pepper cyo muri Uganda, yavuze ko nta kintu na kimwe akora mu buzima bwe atagamije kwishimisha, kwagura umwuga we no kwiteza imbere.

Uwamahoro Lynda usanzwe yerekana imideli, yarangirije muri Kaminuza ya Makerere ahita yinjira mu mwuga w’itangazamakuru wamufashije kumenyekana ari naho yahereye yandikwa kubera ibintu bitangaje byakunze kumuranga.

Uyu mukobwa yaje nk’amaraso mashya nyuma ya Zari, Desire Luzinda, Cindy n’abandi bakobwa muri Uganda bubatse izina ahanini kubera ubwambure bwabo bagiye bagaragaza.

Aba bagore bose kandi kimwe na Uwamahoro bahuriye ku nkuru z’urukundo zagiye zibavugwaho ubutitsa no kugirana amakimbirane n’ibindi byamamare muri Uganda ku mpamvu zitandukanye.

Uwamahoro Lynda

Uwamahoro Lynda

Uwamahoro Lynda yabwiye Red Pepper ko mu buto bwe yakuze akunda abasore beza ku buryo ngo yumvaga nageza imyaka 16 y’amavuko azarongorwa n’umwana w’umwami.

Uyu mukobwa ukomoka mu Rwanda yagize ati “Nk’umwana muto numvaga ku myaka 16 nzashyingiranwa n’umwana w’umwami mwiza akampa ibyiza byose nifuza […] gusa ntibyabayeho byarangiriye mu ntekerezo za cyana”.

Mu bintu byatumye amenyekana cyane harimo amafoto ye atangaje yagiye ashyira hanze, imyambarire imuranga ndetse n’uburyo avugisha ukuri ndetse no kuri bya bindi benshi baba badashaka kuvugaho.

Uwamahoro Lynda kandi, ni umwe mu bakobwa bakurura abagabo ndetse akaba yarahishuye ko imiterere y’umubiri we by’umwihariko ibibero n’amaguru ari kimwe mu mpamvu zituma abagabo bamwibonemo cyane.

Iyo bigeze mu gitanda kandi, ngo akora uko ashoboye agakora ibinezeza umugabo baryamanye ari nayo mpamvu uwo bakoranye imibonano mpuzabitsina agenda amwirahira.

Mu gihe benshi mu bakobwa badashobora kwerura ngo bemere ko bibaye ngombwa mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina bakonka igitsina cy’umugabo, kuri Uwamahoro Lynda we ngo nta ngorane bimutera cyane cyane ko aba agamije gushimisha uwo baryamanye na we atisize.

Ati, “Yego. Bibaye ngomba akabyifuza namushimisha kuko mba nkeneye ko anshimisha bityo tukunganirana”.

Mu gukora imibonano mpuzabitsina ngo ntihagakwiye kubaho kwifata ku ruhande rumwe kuko ari igikorwa gikenera abantu babiri kandi bombi bafite ubushake bwo gushimishanya.

Uwamahoro Lynda usanzwe ari n’umunyamideli yasobanuye ko umubiri we awukoresha uko bikwiriye ndetse bikamwinjiriza amafaranga atari make.

Ati, “Ndamutse mbwiwe ko umunsi ukurikira ndi bupfe, nakwegera umukunzi wanjye nkamubwira uburyo mukunda narangiza nkamusaba ko hari uko twakwigenza… Nkunda umuryango wanjye bikomeye kuri uwo munsi nakwirirwana na wo”.

Nubwo uyu mukobwa asa n’uwatwawe n’imibonano mpuzabitsina yarahiye ko atarifuza gukora imibonano mpuzabitsina ngo abibure ku buryo agera ku rwego rwo kwikinisha.

Abajijwe byarigeze kumubaho ko akenera umugabo akamubura bigatuma yikinisha, yagize ati “[Aseka] Oya Sinjya nikinisha …Ibintu ntabwo biraba bibi kuri urwo rwego.”

Abajijwe niba yakwemera gutingana n’umugore mugenzi we, mu gisubizo cyuzuyemo ibitwenge yagize ati “Mu by’ukuri Yego…Natingana n’umugore mugenzi wanjye.. Hehehhehhehehe (amaboko hejuru), nivugiraga”

Mu minsi yashize hari amafoto y’uyu mukobwa yagiye hanze nta kariso yambaye. Kuri we ngo birasanzwe ko umukobwa ashobora kwambara nta kenda k’imbere ashyizemo kandi akumva nta kibazo bimuteye.

Ati “Yego, nambara icyo nshaka cyose numva kimpaye amahoro ntitaye ku byo abandi baba bari bumvugeho. Amaherezo mba ngomba kuba njyewe! Hehehe!”

Uwamahoro Lynda yagiriye inama abakobwa abasaba kunyurwa n’uko bari bakishimira uko baremwe ntibifuza kuba abandi ahubwo bagaharanira kuba umwihariko.

Ati, “Niwigana ingendo y’undi bizakuvuna usange ubuze byose, ba wowe ukore ibiguteza imbere kandi bigufitiye inyungu utitaye ku byo abandi batekereza”.

Uwamahoro Lynda afite imyaka 20 y’amavuko, ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi wubatse izina muri Uganda. Akora ikiganiro Jam101 afatanyije na Calvin kuri Televiziyo ya UBC, akaba n’umunyamideli ukorera muri kompanyi yitwa East African Model Agency.

Igihe.com Vs Sandra Teta: Miss Sandra Teta arasaba Igihe.com amande ya miliyoni 40 ku kumusebya

by www.igihe.info

Miss Sandra Teta (hagati) n'umunyamategeko we Ignace Ndagijimana
Miss Sandra Teta (hagati) n’umunyamategeko we Ignace Ndagijimana (iburyo) n’umuhanzi Derek (ibumoso) w’inshuti ye

REMERA – Kuri uyu wa 20 Kanama 2015 urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) rwumvise ikirego Miss Sandra Teta yarezemo Igihe.com mu nkuru bamwanditseho avugako imusebya. Uyu munsi uyu mukobwa umurika imideri yasabye ko Igihe.com gicibwa amande ya miliyoni 40 kubwo kumusebya. Igihe.com cyo cyemeye amakosa y’umwuga no kwandika inkuru ivuguruza isebya Teta.

Ubushize kumva impande zombi byasubitswe kuko umuyobozi w’Igihe.com yari yanze ko bumvwa n’umukomiseri wa RMC witwa Prince Bahati kuko ngo batamubonagamo ubutabera bitewe n’ikibazo bagiranye hambere. Nyuma y’impaka ndende RMC yemeje ko ibihamya Igihe.com yatanze ku kibazo bagiranye na Prince Bahati bitatuma avanwa mu Nteko yumva ikibazo cyabo, maze agumamo.

Sandra Teta, wabaye igisonga cya kabiri cya Miss SFB (CEB ubu) yahawe ijambo kugirango asobanure ibyo arega igihe maze umwuganizi we mu mategeko Ignace Ndagijimana asaba avuga ko barega Igihe.com gukora inkuru bagamije gusebanya, kumutesha agaciro mu mikorere n’imibanire ye n’abandi no kwinjira mu buzima bwite bwa muntu.

Ibi yabivuze akurikije ingingo ya cyenda igika cyayo cya kabiri mu itegeko rigenga itangazamakuru ryo muri 2013 aho rivuga ko umunyamakuru atagomba kurenga imbibe zo kugaragaza ibitekerezo no kumenya amakuru.

Uyu mwunganizi yavuze ko ibyo bavuze bidahuye n’ukuri kuko batanahaye umwanya ny’iri ubwite kugirango agire icyo abivugaho.

Bimwe mu byaha bavuze ko byaragaye mu nkuru ni ukuba Miss Sandra Teta yarirukanywe muri SFB aho yigaga, kwirukanwa ku kazi muri Ecobank, kwiyandarika n’ibindi ariko nta gihamya umunyamakuru agaragaza.

Ndagijimana ati: “Ibi byose byakozwe hagamijwe kumutesha agaciro mu maso ya rubanda.”

Yahise avuga ko mu bihano bakwiriye gucibwa ngo nta kiguzi babona bagereranije n’uburyo bamusebeje ariko asaba ko bacibwa amande ya miliyoni 40, gukora inkuru ivuguruza iyanditswe no gusaba imbabazi abanyarwanda.

Ku ruhande rwa Igihe.com bahawe ijambo bavuga ko bemera ko hari aho amakosa yabaye yo kudaha Sandra Teta ijambo ariko bateganyaga ko bazarimuha nyuma kugirango avuguruze ibyamuvuzweho.

Gusa ntibemera ko bamwinjiriye mu buzima kuko ngo ni umuntu ukenewe na rubanda nka Miss wa SFB kugirango bamenye ibimuvugwaho.

Igihe.com cyemeye ko cyazandika inkuru ivuguruza iyasohotse hagakoreshwa amagambo adakarishye nk’ayo mu nkuru ya mbere.

Inteko yari igamije kunga ndetse no gutegeka Igihe.com kikandika inkuru nk’uko cyabyemeye no gusaba imbabazi ariko uruhande rwa Sandra Teta rwavuze hari byinshi bahombye bityo ko hagomba kwiyongeraho amande nk’uko babisabye.

Inteko iburanisha yari igizwe na Barore Cleophas, Prince Bahati na Emma Claudine yatanze yavuze ko umwanzuro w’urubanza uzatangwa ku wa kabiri utaha saa yine za mu gitondo.

Riderman (Gatsinzi Emery) Yambikanye Impeta n’Umukunzi we Agasaro Nadia Farid

by www.igihe.info
Ku italiki ya 16 Kanama 2015 nibwo Riderman (Gatsinzi Emery) yambikanye n’umukunzi we Agasaro Nadia Farid impeta yo kubana ubudatana, byabereye kuri Paruwasi ya Kicukiro (Kigali).

Riderman (Gatsinzi Emery) Yambikanye Impeta n'Umukunzi we Agasaro Nadia Farid

Riderman (Gatsinzi Emery) Yambikanye Impeta n'Umukunzi we Agasaro Nadia Farid

Riderman (Gatsinzi Emery) Yambikanye Impeta n'Umukunzi we Agasaro Nadia Farid

Riderman (Gatsinzi Emery) Yambikanye Impeta n'Umukunzi we Agasaro Nadia Farid

Knowless Butera ni we wegukanye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 5

by www.igihe.info
 Knowless Butera ni we wegukanye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 5
 Knowless Butera ni we wegukanye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 5

Knowless Butera ni we muhanzi wegukanye umwanya wa mbere mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 5, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Kanama 2015.

Knowless abaye umukobwa wa mbere mu Rwanda wegukanye iri rushanwa mu myaka itanu ishize.

Mu bitaramo bitandukanye byagiye bibera mu mpande zigize igihugu, Butera yakomeje kuza ku isonga ku buryo byatumaga benshi bamuha amahirwe yo kuba yakwegukana iri rushanwa.

Uko bakurikiranye mu guhembwa

10.TNP
9.Rafiki
8.Paccy
7.Senderi Hit
6.Sentore Jules
5.Active
4.Bull Dogg
3.Dream Boyz
2.Bruce Melody
1.Knowless

Rose Muhando yagerageje kugaruka muri Islam baramwangira

by www.igihe.info
Rose Muhando yagerageje kugaruka muri Islam baramwangiraRose Muhando umuririmbyi wo muri Tanzania wamenyekanye cyane mu kuririmba indirimbo zihimbaza Imana, nyuma ya byinshi byagiye bimuvugwaho bitari byiza yahisemo kwisubirira mu idini yahozemo rya Islam mbere y’uko ajya mu bya Gikirisitu.

Rose Muhando waririmbye indirimbo zahinduye ubuzima bwa benshi ndetse bagahitamo kwerekeza mu nzira nk’iyo yari yarahisemo gusa agakomeza kugenda avugwaho amanyanga atandukanye, ubwambuzi ndetse n’ibindi bitari byiza byamuvuzweho yahisemo gusubira mu idini ya Islam yanahozemo kera ataratangira kuririmba indirimbo zamenyekanye cyane.

Muhando mu rugendo rwe rw’ubuhanzi niwe muhanzi wa mbere muri Tanzania wagize amahirwe yo gusinyana amasezerano na “Sony” Music y’abanyamerika ndetse bihera ubwo havugwa ibisa n’ibihuha ko yaba yarinjiye mu muryango wa “Illuminatti” bitewe n’uko “Sony” nayo bivugwa ko ari iy’uyu muryango ukorana n’imbaraga za “Sekibi”.

Rose Muhando ubusanzwe akaba yari yaravukiye mu gace kitwa “Dumilla” ho muri Tanzania akurira mu idini rya Islam hanyuma nyuma aza kwemeza ko yeretswe na “Yesu/Yezu” imbaraga zidasanzwe ubwo yari ku kirago yari arwariyeho agifite imyaka 9, ahitamo guhita yibera umukirisitu, atangira urugendo rwe rwa muzika ubwo yari umwigisha wa Korali yo mu itorero ry’abangirikani (Anglican), gusa mu rugendo rwe rwa muzika yagiye avugwaho amabi menshi kuri ubu amakuru mashya dukesha Ghetto Radio akaba yemeza ko kuri ubu “Rose Muhando” yamaze gufata icyemezo ntakuka cyo gusubira muri “Islam” . Amakuru dukesha Wikipedia avuga ko bitamushobokeye kugaruka muri Islam kuko amahame ya Islam avuga ko iyo uyitaye ukajya mu rindi dini utemerewe kuyigarukamo.

https://en.wikipedia.org/wiki/Rose_Mhando

Bobbi Kristina Brown, umukobwa wa Whitney Houston Yitabye Imana

by www.igihe.info

Bobbi Kristina Brown
Bobbi Kristina Brown

Bobbi Kristina Brown, umukobwa wa Whitney Houston yapfuye afite imyaka 22 nk’uko abantu bo mu muryango we babitangaje.

Kristen Foster yagize ati “Bobbi Kristina Brown yapfuye ku itariki ya 26 Nyakanga 2015, yari akikijwe n’umuryango we. Ubu aruhukiye mu mahoro mu maboko y’Imana. Turashimira umuntu wese watweretse urukundo, watubaye hafi muri aya mezi make ashize”

Uyu mukobwa yapfuye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru mu kigo cy’ubuvuzi cya Peachtree Christian Hospice

Bobbi Kristina apfuye nyuma y’amezi agera kuri arindwi yari amaze mu bihe by’ububabare bukomeye. Ku itariki ya 31 Muatarama 2015 bamusanze mu bwiherero yabuze ubwenge, yahise ajyanwa mu bitaro ari muri koma. Kuva icyo gihe, ntabwo yigeze yongera kugarura ubwenge.

Yaje kwimurirwa mu bitaro mu Mujyi wa Georgia mu kwezi gushize nyuma yaho ubuzima bwe bwari bukomeje kumera nabi.

Nyina Whitney Houston, umuririmbyikazi ukomeye nawe yasanzwe yaguye mu bwiherero muri 2012 muri Hotel y’i Beverly Hills muri California

Umuhanzikazi Young Grace yagejejwe kuri Polisi ya Nyamirambo

by www.igihe.info

Umuhanzikazi Young Grace yagejejwe kuri Polisi ya NyamiramboYoung Grace yagejejwe kuri Polisi ya Nyamirambo ngo ashyikirizwe ubushinjacyaha

Umuhanzikazi Young Grace nyuma yo gufatwa na Polisi ya Gisenyi (Police Station) aho yafatiwe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, kuri ubu yamaze gushyikirizwa Polisi ya Nyamirambo aho agomba guhita ashyikirizwa Parike.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba Spt Emmanuel Hitayezu, yadutangarije ko Young Grace yoherejwe i Kigali kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamirambo ku wa 3 Kamena 2015 kuko ari yo yamushakaga.

Polisi ya Nyamirambo na yo yemeza ko yamaze kumwakira ngo bakaba bitegura gushyikiriza dosiye ye ubushinjacyaha.

CSP Celestin Twahirwa, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, we yadutangarije ko kuzana Young Grace i Kigali ari ukugira ngo abe ari ho akurikiranirwa kuko ngo ari ho yakoreye ibyaha ashinjwa.

Akomeza avuga ko aregwa ibyaha byinshi bitandukanye harimo n’icy’ubwambuzi bushukana.

Abaririmba bose si abahanzi-Teta Diane

by www.igihe.info

Abaririmba bose si abahanzi-Teta Diane
Teta Diane

Umuhanzi Teta Diana yakuye mu gihirahiro abatazi icyo ari cyo ubuhanzi, avuga ko ubundi ubuhanzi buvukanwa kandi ngo ntibushira, ikindi abaririmba bose yashimangiye ko atari abahanzi.

Mu kiganiro yagiranye na Imvaho Nshya,Teta yavuze ko ubundi abantu bajya bitirinya abantu bose baririmba n’abahanzi. Abisobanura yagiz

Teta, yasabye abantu gusobanukirwa n’ibyo byose, avuga ko ibyo abahanzi bandika n’ibyo baririmba ari ibyo bakesha ibyo babona, kandi bakura muri Sosiyeti babamo.   Uyu muhanzikazi avuga ko burya umuhanzi areba, akandika hanyuma akaririmba.

Uyu mukobwa yemeza ko ari yo mpamvu umuntu yumva indirimbo ya Karahanyuze ikagira ibihe runaka imwibutsa kuko icyo gihangano kiba cyarakozwe n’umuntu ureba kure.

Teta  Diana yavuze ko ubuhanzi buvukanwa na ho ngo kuririmba byo ni ukubikunda ukabishyiramo ubushake, kandi ukanabyitoza bihagije.  Uruhurirane rw’ibyo byose rero,Teta yemeza ko aribyo bibyara ubuhanzi nyabwo.

Gusa, Teta avuga ko umuhanzi nyawe nanone aba ari wa wundi uzi gutondekanya amagambo neza agomba kuririmba, akagira nanone ubutumwa agomba gutangamo  bukagira abo bwubaka.
e ati “Abaririmba bose ntabwo ari abahanzi rwose, ibyo ni ukuri kudasubirwaho, ikindi ubuhanzi buravukanwa kandi ntabwo bujya busaza habe na mba.”

Nyanza:Knowless Butera Kutifata ku Igitsina Byamunaniye-Amafoto

Nyuma y’uko atangaje ko atazongera kugaragara yifashe ku igitsina, umuhanzikazi Knowless Butera yananiwe kwihangana yongera kugaragara aririmba yifashe ku igitsina mu gitaramo i Nyanza nk’uko amafoto dukesha yegob.com abigaragaza. Biragara ko umuhanzikazi Knowless Butera yabeshye abafana ko agiye guhindura imyitwarire. Inkuru avuga ko agiye guhinda imyitwaririe ntazongere kugaragara yifashe ku igitsiana iri hano

Nyanza:Knowless Butera Kutifata ku Igitsina Byamunaniye-Amafoto
Knowless Butera Kutifata ku Igitsina Byamunaniye

Nyanza:Knowless Butera Kutifata ku Igitsina Byamunaniye-Amafoto
Yari yabanje kwihangana

Nyanza:Knowless Butera Kutifata ku Igitsina Byamunaniye-Amafoto
Knowless Butera Kutifata ku Igitsina Byamunaniye

by www.igihe.info

Abagore Beza Amafoto:Abafasha 10 b’abaperezida ba Afurika bahiga abandi mu buranga

by www.igihe.info
Urutonde rwakozwe n’igitangazamakuru gikunze kwandika cyane ku buzima n’imibereho y’abanyafurika, inkuru ishyirwa hanze kuwa 15 Mata 2015, rugaragaza abafasha 10 b’abaperezida bo muri Afurika bafite ubwiza kimwe n’uko harimo bamwe bagiye babitsindira mu marushanwa atandukanye nko kwerekana imideli,…

Urutonde ruteye rutya:
10.Margaret Gakuo Kenyatta (Kenya)
Margaret Gakuo Kenyatta (Kenya)
Mu by’ukuri uyu mugore amaze gusatira iza bukuru kuko amaze kugira imyaka 51 y’amavuko, ariko benshi batangazwa n’uko agaragara mu maso nk’aho ari muto kandi akuze, umusatsi we watangiye kuba umweru (imvi) ariko ku bwe akawurekera uko uri ntawushyiremo amavuta yo kuwuhindura.
Margaret ni umugore wa Perezida Kenyatta wa Kenya, bakaba barabyaranye abana 3 kuva ubwo bashakanaga mu mwaka w’1991. Akundwa na benshi ku bw’imyambaro ye ndetse akaba akunda ibya gakondo, agaragara nk’ukonje (shy & timid), afite ikigega gishinzwe gukangurira imiryango kwirinda imfu z’abana bapfa bavuka.
9.Dominique Quattara (Cote d’Ivaoire)
DOMINIQUE-OUATTARA-672x472
Ku myaka 61 y’amavuko, uyu mufasha wa Perezida Alassane Ouattara wa Cote d’Ivoire ubwiza bwe bwagiye buvugisha benshi kuva mu bukumi bwe, avuka yavukiye mu gihugu cya Algeria akaba yarabyirutse ari umushoramari ndetse aza kuba umuyobozi (PDG) w’uruganda rukomeye mu Bufaransa rukora ibyambarwa,ibyisigwa,ibyiterwa,…bifasha umubiri kugira ubwiza.
8.Olive Lembe di Sita Kabila (RDC)
Olive Lembe di Sita Kabila (RDC)
Marie Olive umugore wa Joseph Kabila ni umwe mu bafasha b’abaperezida bakiri bato dore ko n’umugabo we ari umwe mu baperezida muri Afurika bakiri bato, Olibe na Perezida Kabila bakaba bazwiho kuba baramaze igihe kirekire bakundana mbere y’uko bambikana impeta.
Marie Olive Lembe di Sita yavukiye ahitwa Kailo, Maniema muri Zaire mu mwaka w’ 1976 akaba yarambikanye impeta na Joseph Kabila mu mwaka wa 2006, ubu bakaba bafitanye abana 2.
Bitangazwa ko uko iminsi y’icuma ni nako uyu mugore agenda agaragara nk’umuntu ufite uburwayi runaka kubera ko agenda atakaza ibiro cyane dore ko amafoto ye yo hambere yari afite umubyibuho ariko ukaba ugenda uyoyoka.
7.Ana Paula Dos Santos (Angola)
Ana Paula Dos Santos (Angola)
Mbere y’uko Ana Paula aba umugore wa Perezida Dos Santos wa Angola, yari umunyamideli ukomeye cyane ndetse kumenyana n’umugabo we bikaba byaratewe cyane n’uwo mwuga we watumye agera muri Perezidansi.
Ana w’imyaka 51 y’amavuko na Perezida Jose Eduardo Dos Santos w’imyaka 72 bafitanye abana 3, ariko urukundo rwabo rukaba rwaragiye rubera igitangaza buri wese, Ana akaba afite diplôme mu mategeko ndetse n’iyo mu nderabarezi.
6.Queen Inkhosikati LaMbikiza (Swaziland)
Queen Inkhosikati LaMbikiza (Swaziland)
Kugeza ubu ikizwi ni uko umwami Mswati III afite abagore 15, LaMbikiza akaba ari we mugore wa mbere uyu mwami wa Swaziland yabengutse aramurongora ku bw’ubwiza yari afite.
Ku myaka 16 y’amavuko nibwo yabaye nk’ukuwe mu ishuli arongorwa n’umwami Mswati III, nyuma akorera diplôme aza kuyitsinda mu ishami ry’amategeko.
5.Zeinab Summa Jammeh (Gambie)
Zeinab Summa Jammeh (Gambie)
Zeinab Summa akomoka mu gihugu cya Maroc, ubu akaba ari umubyeyi w’abana babiri mwiza kandi uhorana umutuzo muri we, Perezida wa Gambie Yahya Jammeh yarongoye undi mugore Allima Sallahmuri 2010 aza asanga uyu Zeinab, uku kumuharika byagizwe ibanga rikomeye mu gihugu kugeza aho Perezida yaje gukora gatanya n’uyu mugore wa kabiri bidasakaye cyane mu baturage.
4.Hinda Deby Itno (Tchad)
Hinda Deby Itno (Tchad)
Hinda ni umugore wa Perezida Idriss Déby Itno wa Tchad, uyu mugore azwiho ubwiza, umutuzo ndetse no kujyana n’ibigezweho ndetse akanaba umuhanga cyane dore ko benshi bemeza ko Perezida Idriss akorera mu kwaha ku uyu mugore we.
3.Chantal Biya (Cameroun)
Chantal Biya (Cameroun)
Chantal Biya ni umunyamideli, umubyeyi w’abana 2 ujyana n’ibigezweho benshi bakaba bamutangarira kubera imyambaro yambara, insokozo (coiffures) ahora ahinduranya buri gihe bihora bitungura benshi, imyenda yambara buri gihe iba ijyanye n’uko angana.
Chantal Biya (Cameroun)
Amazina ye nyakuri ni Chantal Pulchérie Vigouroux akaba ari umugore w’imyaka 44 y’amavuko wa Perezida Paul Biya wa Cameroun, Chantal yashingiranwe na Biya mu mwaka w’1994 ubwo umugore we wa mbere Jeanne-Irene Biya yari amaze kwitaba Imana mu mwaka w’1992.
2.Sylvia Bongo Odimba (Gabon)
Sylvia Bongo Odimba (Gabon)
Sylvie uretse kuba yaza mu bagore beza b’abakuru b’ibihugu muri Afurika aza no ku rutonde rw’abagore beza ku isi, Sylvie yavutse mu mwaka w’ 1965 (50ans) avukira i Paris mu Bufaransa akaba akomoka ku babyeyi b’abashoramari bakomeye cyane.
Ubwo yari akiri muto ababyeyi be baje gushora imari muri Gabon kugera n’aho nyina Evelyne Valentin yagizwe umunyamabanga wa Perezida Odimba, n’ubwo bwose Sylvie yakuriye muri Cameroun mu mwaka w’1988 nibwo yakubitanye na Perezida Odimba mu 1989 bahita bashyingiranwa ubu bakaba barabyaranye abana 4.
1.La Princesse Lalla Salma (Maroc)
La Princesse Lalla Salma (Maroc)
Lalla Salma aza ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’abafasha b’abaperezida bo muri Afurika, Princesse Lalla Salma yashyingiranwe n’umwami Mohammed VI wa Maroc, ku mubiri no mu mutwe Lalla Salma azwiho ubwiza.
Umusatsi n’ indoro by’uyu mugore, bimwe mu bituma benshi bamurangarira, ni umuhanga dore ko nyuma yo kuba umugore w’ umwami muri 2001 yatangiye kugenda ahabwa inshingani nyinshi mu gihugu.Ku myaka 36 y’amavuko, Princesse Lalla Salma ni umubyeyi w’abana 2.