“Kuryana kw’ abanyamadini si ko kuzabajyana mu ijuru” Mpyisi

by www.igihe.info
Umwe mu bapasiteri b’inararibonye Ezra Mpyisi yemeza ko amadini atandukanye yo mu Rwanda agaragaramo amakimbirane kubera abavuga ibyo batazi n’abashyira imbere inyungu zabi bwite.


Uyu mupasiteri ahamya ko mu madini amwe n’amwe harimo abayoboke bakomeje kuryana, akibaza niba ibyo ari byo bizabajyana mu ijuru.
Ati: “Reka baryane bafite ishingiro kuko icyo bagamije ni amajyambere yabo bwite bashyize imbere kuruta gukora umurimo w’ Imana.”

“Kuryana kw’ abanyamadini si ko kuzabajyana mu ijuru” Pasiteri Mpyisi

Pasiteri Ezra Mpyisi

Nyamara ariko Pasiteri Mpyisi avuga ko amadini yigishije Bibiliya uko iri, yaba bagize uruhare runini mu gufasha ndetse n’abapolisi bagabanuka.
Aganira na IGIHE pasiteri Mpyisi abina abakuru b’ amatorero bakwigana leta bakayifasha bakareka kwicana, kwiba, kugambanirana, no kuryana mu nsengero.
Pasiteri Mpyisi atangaje ibi, mu gihe hamaze iminsi humvikana bombori bombori mu matorero amwe n’ amwe, abayoboke ubwabo ari bo bapfa ibintu bidakunze gushyirwa ku mugaragaro.
Mu itorero rya Alpha na Omega rikorera ku Muhima, abakirisitu bararwanye bibaviramo bamwe muri bo gutabwa muri yombi.
Mu mwaka ushize, itorero ADEPR ryacitse m kabiri havukamo iryitwa EPMR nyuma y’amakimbirane akomeye mu bayobozi baryo.
Si aho gusa kuko no mu buyobozi bukuru bw’Itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda hari bombori bombori ishingiye ku mitungo mu Gushyingo k’umwaka ushize, bamwe mu bayobozi bashinjwa gusahura umutungo w’itorero bakawukoresha mu nyungu zawo bwite..

Umuhanzi wa Gospel Rosa Muhando yatangaje impamvu yakuyemo inda y’amaezi 7 yaratwite

by www.igihe.info
Umuhanzi Rosa Muhando ugeze ku rwego rwo hejuru mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, nyuma yaho bivugiweko yaba yarakuyemo inda, yavugiye ahagaragara impamvu yaba yaramuteye gukuramo iyo nda. rose-muhando
Abicishije ku bahanuzi be, yatangaje impamvu yatumye akuramo iyo nda atarindiriye ko ivuka, aho yavuzeko yagize ikibazo kidasanzwe maze abaganga bakamusabako yayikuramo kugirango bitamuviramo ingaruka zikomeye kubuzima bwe.

Ubutaliyani:Umubikira Roxana Rodriguez yatatse kubabara mu nda ageze kwa muganga abyara umuhungu

by www.igihe.info
Umubikira witwa Roxana Rodriguez wo mu Butaliyani, yajyanwe kwa muganga ataka ububabare budasanzwe mu kiziba cy’inda, birangira abyaye umwana w’umuhungu ku ya 23 Mutarama 2015. Uyu mubikira ukomoka ahitwa Salvador, guhera mu mwaka wa 2012 yabaga mu mujyi wa Rieti, uherereye rwagati mu Butaliyani aho yari yarihaye Imana .

Ubutaliyani:Umubikira Roxana Rodriguez yatatse kubabara mu nda abyara umuhungu

Yajyanwe kwa muganga, bitewe n’ububabare yari afite mu kiziba cy’inda, abaganga bafashe icyemezo cyo kumushyira mu bitaro , ari naho yabyariye umwana w’umuhungu yise Francesco mu rwego rwo guha icyubahiro Papa Francis.
Urubuga rwa 20 minutes dukesha iyi nkuru ruvuga ko, Roxana Rodriguez , yemeza ko atari aziko atwite. Yagendaga abyibuha uko bwije n’uko bucyeye, we akavuga ko byaterwaga no kurya cyane, akanakeka ko arwaye imiyoboro y’inkari.
Rodriguez avuga ko mwana yabyaye ari impano y’Imana , kandi ko azamurera akamukuza, gusa ngo ntateganya gusubira aho akomoka , cyangwa mu kigo cy’ababikira yabagamo .
Umubikira mukuru uyobora ikigo yabagamo hamwe na Padiri mukuru wa Paruwasi ya Rieti bemeje ko agomba kuva mu kibikira.
Abantu batandukanye batangiye gukusanya inkunga yo kumufasha ndetse n’umuyobozi w’umujyi wa Rieti yemeye kumushakira inkunga.
Ibinyamakuru bitandukanye byo mu Butaliyani, byatangaje ko uyu mubikira yaba yaratewe inda n’umusore w’inshuti ye yo mu bwana, ubwo yajyaga iwabo ku ivuko mu kwezi kwa Werurwe 2014.

Mufti w’u Rwanda Kayitare Ibrahim yagize icyo avuga kuri Miss Rwanda

by www.igihe.info
Mufti Kayitare Ibrahim yagize icyo avuga kuri Miss Rwanda

Mufti w’u Rwanda Sheikh Kayitare Ibrahim (Ifoto/Ngendahimana S)

Mu gihe itoranywa ry’abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2015 ririmbanyije, Mufti w’u Rwanda aravuga ko nta musilamukazi wemerewe kujya muri ayo marushanwa.
Sheikh Kayitare Ibrahim asobanura ko kujya muri ayo marushanwa y’ubwiza n’ubumenyi ari ikizira mu mukobwa w’umusilamukazi kuko bitajyanye n’amahame y’idini ya Islamu.
Idini ya Isilamu ntabwo yemerera abayisilamukazi kuba bajya mu myiyereko iyo ari yose ihurirwamo n’abandi bantu batari ab’igitsinagore gusa.
Mufti Kayitare yabwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe ko uko umukobwa yinyuza imbere y’abagabo nk’uko bigenda mu gihe cyo gutoranya ba nyampinga, bituma abagabo bashobora kumugirira irari kandi iyo wifuje umugore wa mugenzi wawe uba ukoze icyaha.
Ashimangira ko Isilamu irwanya kuba umusilamukazi yajya muri bene aya marushanwa kuko ubuyisilamu burinda ikintu cyatuma umuntu yangirika ku mubiri, cyangwa mu mutwe, ngo akaba ari yo mpamvu ubuyisilamu butegeka umukobwa kwambara akikwiza.
Abakobwa bazahagararira Intara z’u Rwanda uko ari enye n’Umujyi wa Kigali bamaze gutoranywa; basigaye gutoranywamo 15 bazajya mu mwiherero i Rubavu.
Nyampinga w’u Rwanda w’uyu mwaka wa 2015, ni ukuvuga uwo bizemezwa ko asobanutse kurusha abandi bose; azatangazwa kuwa 21 Gashyantare 2015.

Mgr Celestin Hakizimana yagizwe Umushumba Mukuru wa Diyosezi ya Gikongoro

by www.igihe.info
Mgr Celestin Hakizimana yagizwe Umushumba Mukuru wa Diyosezi ya Gikongoro

Musenyeri wa Diyosezi ya Gikongoro arimo kwimikwa (Ifoto/Kigali Today)

Mgr Celestin Hakizimana wagizwe Umushumba Mukuru wa Diyosezi ya Gikongoro, nyuma yo gutabaruka kwa Musenyeri Misago Augustin.

Umuhango wo kumwimika wabanjirijwe no gusomerwa urwandiko rwa Papa Francis rumugira Umwepisikopi wa Diyosezi ya Gikongoro.

Mgr Thadee Ntihinyurwa uyobora Arkidiyosezi ya Kigali, yasabye imbaga y’abakiristu kuba hafi ya Mgr Hakizimana mu isengesho, bamusabira ku Mana kugira ngo azasohoze inshingano ashinzwe neza.

Mgr Ntihinyurwa yagize ati ‘Umwepiskopi ukikijwe n’abapadiri be mujye mumubonamo Yezu Kirisitu ubwe, Umwami wacu ni Umusaseridoti mukuru uhoraho. Ni Kiristu ubwe uba ari hagati yanyu. Ni we ubwe wifashisha umurimo w’Ubusaseridoti ngo akomeze kwamamaza inkuru nziza no kwihera ibyiza abamwemera, ibyiza bikomoka ku kwemera, ni we ubwe wifashisha umurimo wa kibyeyi w’umwepiskopi, kugira ngo yongere ku mubiri we ingingo nshya, kandi azibumbire hamwe, ni Kirisitu ubwe wifashisha ubuhanga n’ubwitonzi by’umwepiskopi kugira ngo mwebwe abiyoborere mu rugendo rwa hano ku Isi, abajyana mu ihirwe ridashira’’.

Musenyeri Thadee Ntuhinyurwa yifashishije amagambo yanditse muri Luka 10:16 agira ati ‘‘ Uwumva ni njyewe aba yumvise, ubahinyura ni njyewe aba ahinyuye, kandi umpinyuye aba ahinyuye uwantumye.’’

Musenyeri Thadee Ntihinyurwa yasabye Mgr. Hakizimana, kuzirikana icyatumye Imana imutoranya, amubwira ko yashyiriweho gufasha abantu mu mubano wabo n’Imana. (Heb 5:1).

Ati ‘Umwepiskopi si icyubahiro ahubwo ni umurimo umuntu aba ashinzwe gukora, aba agomba kuzirikana mbere na mbere kuba ingirakamaro kuruta kuba umutware. Nk’uko Yezu Umwami wacu yabitegetse, uwitwa mukuru mu bandi agomba kugenza nk’aho ari we muto n’umutware akagenza nk’aho ariwe mugaragu wabo ayobora. Luka 22:26’’

Musenyeri Hakizimana yashmiye Imana yamugiriye icyizere, avuga ko azarangiza neza inshingano yashizwe, afatanyije n’abakirisitu b’iyi Doyoseze.

Ati, ‘Nzaharanira gufatanya n’abakirisitu n’abihaye Imana muri iyi Diyosezi kuyiteza imbere, mu buryo bwa Roho no mu buryo bw’umubiri , kuko Roho nzima itura mu mubiri muzima.’’

Mgr Hakizimana Celestin yavukiye muri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu ya Ste Famille mu Mujyi wa Kigali, tariki ya 14 Kanama 1963.

Yahawe Ubupadiri tariki ya 21 Nyakanga 1991, muri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu, Arkidiyosezi ya Kigali. Akaba afite impamyabumenyi y’ikirenga mu bijyanye n’amahame ya Kiriziya.

Tariki ya 12 Werurwe 2012 ni bwo uwari umushumba ya Diyosezi ya Gikongoro, Mgr Misago Agustin yapfuye, ihabwa kuyoborwa na Mgr Rukamba, tariki ya 26 Ugushyingo 2014, nibwo Papa Francisco yatoreye Mgr Hakizimana kuba Umwepiskopi wa Gikongoro.

Amateka

Uyu mushumba mushya wa Diyosezi ya Gikongoro yavutse tariki ya 14 Kanama 1963.

Yize amashuri yisumbuye mu ishuri rya Vincent Rulindo hagati y’umwaka w’1977-1983, na Seminari into ya Ndera hagati y’umwaka w’1983-1984.

Hakizimana yagiye mu Iseminari Nkuru ya Rutongo itegura abakomeza inzira yo kwiyegurira Imana mu 1985, arangiriza amasomo mu bijyanye na filozofi na teolojiya muri Interdiocesano ya Nyakibanda.

Nyuma yakomereje mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda aho yahawe isakaramentu ry’Ubusaseridoti tariki ya 21 Nyakanga 1991.

Indi mirimo uyu mugabo yakoze, irimo ko yabaye Padiri wungirije muri Paruwasi ya Rutongo hagati y’imyaka 1991-1992.

Hagati kandi y’imyaka ya 1992-1994 yari ashinzwe uburezi muri Diyoseze ya Kigali, hagati ya 1994-1996 yari umuyobozi w’ikigo cyitiriwe Mutagatifu Pawulo (Centre Saint Paul).

Hagati ya 1997-1998 yongeye gushingwa uburezi, nyuma aza kuba Umuyobozi Mukuru wa GEMECA-Rwanda hagati y’umwaka wa 1998 kugeza mu mwaka wa 2003.

Hagati y’imyaka 2003-2010, Padiri Hazikimana Célestin yagiye kwiga amasomo y’Iyobokama i Naples mu Butaliyani aho yavanye Impanyabumenyi y’ikirenga mu mahame ya Kiliziya muri Kaminuza yitiriwe Mutagatifu Thomas.

Kuva mu mwaka wa 2011, Hazikimana Célestin yari Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatorika.

Izuba Rirashe

Papa Francis yasomye Misa yitabiriwe n’Abakritsu Miliyoni 6 muri Filippines

by www.igihe.info

Ni ubwo imvura yari ibamereye nabi, Abagatolika miliyoni esheshatu bitabiriye Misa yasomye na Papa Francis mu murwa mukuru Manila kuri iki cyumweru.

Papa Francis asoma Misa kuri iki Cyumweru

Papa Francis asoma Misa kuri iki Cyumweru

Papa yasabye Abakristu kujya barira nibabona bagenzi babo bishwe n’inzara, abatagira aho bahengeka umusaya ndetse n’abandi batagira kivurira. Bisa n’aho yashakaga kubigisha kugira umutima wo kwishyira mu mwanya w’abandi, bakumva akababaro kabo.
Igihugu cya Phillipines nicyo gihugu cya mbere muri Aziya gifite umubare munini w’Abakristu.
Papa Francis ubu ufite imyaka 78 y’amavuko yari yambaye ikote ry’ishashi ry’imvura azenguruka mu Bakristu abasuhuza mu modoka ye yitwa ‘popemobile’
Yagendaga ahagarara agasoma ku gahanga k’abana bato bari bazanywe n’ababyeyi babo kandi agaha umugisha ababyeyi babo.
Abagatolika bahageze mu ijoro ryakeye bategereje kuza kwicara ahantu heza bari bubashe kureba no kumva ibyo Papa avuga.
Iyi Misa ya Papa niyo ya mbere mu mateka yitabiriwe n’Abakristo benshi  kuko Misa ya Papa yitabiriwe n’abantu benshi mu mateka ari iyasomye na Papa Yohani Pawulo wa Kabiri yasomeye muri Espagne ikaba yaritabiriwe n’abantu miliyoni eshanu.
Papa Francis yari amaze iminsi itanu asura Phillipines aho yasuye abantu batandukanye kandi asaba ubuyobozi kwita ku bakene.

Bamwe bemeye barara hanze betegereje kuza gufata umwanya w'imbere

Bamwe bemeye barara hanze betegereje kuza gufata umwanya w’imbere
Abakristu bari bitwaje Bibiliya Yera

Abakristu bari bitwaje Bibiliya Yera
Abakristu bitwaje na za telefoni ngo batahane ifoto ya Papa Francis

Abakristu bitwaje na za telefoni ngo batahane ifoto ya Papa Francis
Abakristu bari benshi bifubitse kuko imvura yari nyinshi

Abakristu bari benshi bifubitse kuko imvura yari nyinshi
Papa aje mu modoka ye gusuhuza Abakristo i Manila

Papa aje mu modoka ye gusuhuza Abakristo i Manila
Abantu bamweretse urugwiro rwinshi

Abantu bamweretse urugwiro rwinshi
Papa Francis nawe yari yishimye cyane

Papa Francis nawe yari yishimye cyane
Mu mateka ya Kiliziya Gatolika nibwo bwa mbere abakristo miliyoni 6 bitabiriye Misa ya Papa

Mu mateka ya Kiliziya Gatolika nibwo bwa mbere abakristo miliyoni 6 bitabiriye Misa ya Papa

Reba video yerekana Papa Francis ubwo yasomaga Misa kuri iki Cyumweru i Manila

 Mailonline

Niger:Abantu 10 baguye mu myigaragambyo yamagana "Charlie Hebdo" yashushanyije Mahomet

by www.igihe.info
Nyuma y’aho ikinyamakuru cyo mu Bufaransa “Charlie Hebdo” gisohoye igishushanyo “cy’Intumwa y’Imana Mahomet”, imyigaragambyo ikaze amyagana iki kinyamakuru yahitanye abantu benshi muri Niger, hibasirwa n’insengero z’abakirisitu. Imyigaragambyo yo kuwa Gatanu no ku wa Gatandatu tariki 17 Mutarama, Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou, yatangaje ko yahitanye ubuzima bw’abantu babarirwa mu icumi nk’uko tubikesha AFP.
Urubyiruko rwinshi mu gitondo cyo kuwa Gatandatu rwahuriye hamwe ku musigiti munini uri mu Murwa Mukuru Niamey, rugaragaza ko rugiye guhorera Mahomet.
Umwe muri rwo yagize ati ” Byose turabisenya. Turarinda Intumwa y’Imana yacu. Tugiye kumurwanira kabone nubwo twahatakariza ubuzima.”

Polisi yasutse ibyuka biryana mu maso muri urwo rubyiruko, ariko rwerekeza mu tundi duce dutandukanye tw’Umurwa Mukuru wa Niger.
Abigaragambya bari bitwaje intwaro, bagiye batwikira amapine mu muhanda.
Ambasade y’u Bufaransa i Niamey yaburiye Abafaransa babirwa mu 2000 baba muri Niger kwirinda gusohoka.
Inzego z’umutekano zatangaje ko insengero z’Abakirisitu zibarirwa mu icumi zatwitswe.
Uretse insengero, utubari, amahoteli n’izindi nzu z’ubucuruzi zitari iz’Abayisilamu byagabweho ibitero.
Nubwo iyo myigaragambyo yakozwe n’Abayisilamu,Umwigisha umwe muri iri dini, Yaou Sonna, ari kuri yahamagariye Abayisilamu guhagarika ibyo bikorwa bihitana inzirakarengan, ati “Ntimwibagirwe ko irwanya akarengane.”
Perezida Issoufou ari mu bayobozi batandatu b’ibihugu by’Afurika bifatanyije n’u Bufaransa mu rugendo rwakozwe kuwa 11 Mutarama 2014 i Paris, mu kwamagana iterabwoba ryakorewe kuri Charlie Hebdo, hakicwa abanyamakuru.
Uretse muri Niger, imyigaragambyo yamagana Charlie Hebdo yongeye gushushanya Mahomet yakozwe mu bihugu bitandukanye nka Pakistan, Mali, Algérie na Sénégal.

Rubengera-Karongi: Haravugwa icyumba cy’amasengesho babanza kumarana irari ry’umubiri

by www.igihe.info
Mu murenge wa Rubengera Akarere ka Karongi haravugwa icyumba cy’amasengesho  cy’itorero ry’aba Presbyterienne mu Rwanda aho ngo abaje mu masengesho basabwa kubanza gukorakoranaho bakamarana irari ry’umubiri. Bamwe ngo bisanga bahuje ibitsina ubundi amasengesho agakomeza hakorerwa ubuhanuzi buba bwatumye benshi baza kubwumva. 

Urusengero rwa Paroisse ya EPR-Rubengera ruvugwamo izo nyigisho

Urusengero rwa Paroisse ya EPR-Rubengera ruvugwamo izo nyigisho. Photo/KigaliToday

Umwe mu bajya baza mu masengesho akunze kuba mu ijoro ryo kuwa Kane wa buri cyumweru waganiriye n’umunyamakuru w’Umuseke i Karongi avuga ko uyobora amasengesho ajya abasaba ko babanza kumarana irari ry’umubiri bakorakoranaho maze ngo bakisanga basambanye.
Uyu utifuje gutangazwa amazina ye avuga ko usibye ibyo hari n’inyigisho zitangirwa muri iki cyumba cy’urusengero rw’Itorero EPR Rubengera zihakana kandi zigasaba abayoboke kureka ibijyanye no kuboneza urubyaro kuko ngo ari ‘ukwica’.
Ibi byatumye bamwe mu bajya muri iki cyumba cy’amasengesho batangira kubireka kuko ngo bagize amakenga kuri izo nyigisho ndetse n’ibyo basabwa byo kumarana irari.
Pasteur Viateur Sebyenda uyobora Paroisse ya Rubengera yabwiye umunyamakuru w’Umuseke ko iki kibazo bacyumvise nabo kandi bari kugikurikirana bafatanyije n’izindi nzego z’itorero zisumbuyeho.
Pasteur Leonidas Ntibimenya umuyobozi w’impuzamatorero mu karere ka Karongi yabwiye Umuseke ko hashize iminsi micye amenye iki kibazo ariko yamaze kuvugana na bamwe mu bagize  Komite nyobozi y’icyo cyumba kugira ngo baterane bajye  inama cyangwa se hafatwe izindi ngamba kuko ibyo yumvise atari ibyo gushyigikirwa.
Sebastien Hakizima umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Karongi yemeza ko icyo cyumba gihari ariko ibyo bibazo bihavugwa bitarabashyikirizwa.
Gusa akavuga ko batakwihanganira abigisha inyigisho zinyuranyije n’amategeko y’igihugu.
Iki cyumba bivugwa n’abakigana ko kitabirwa n’abantu bagera kuri 800 bo mu matorero atandukanye ngo baba baje gukurikira ubuhanuzi.

UMUSEKE

Papa Faransisiko muri Filipine

by www.igihe.info
Papa Faransisiko Yageze muri Filipini Mu rugendo arimo muri Aziya, umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Fransisiko yakiwe n’ikivunge cy’abantu muri Filipini. Filipini ni cyo gihugu cya Aziya gifite abakiristu gatulika benshi.
Ikivunge cy’abana b’abanyeshuri babyiniye Papa, acyururuka mu ndege asuhuzanya na perezida wa Filipini Benigno Aquino.Abantu ibihumbi bakoze imirongo ku mihanda yo mu murwa mukuru Manille, bakomera amashyi papa n’intumwa ayoboye.
Ari mu ndege ajya muri Filipini, Papa yabwiye abanyamakuru ko ashyigikiye ubwisanzure bwo kuvuga icyo umuntu ashaka, nk’uburenganzira bw’ibanze bwa muntu. Cyokora, yagize ati, “ntushobora guteza ubwega cyangwa gutuka ukwemera kw’abandi”. Papa yatanze urugero kuri umwe mu bakorana na we, witwa Alberto Gaspari, utegura ingendo za Papa. Yagize ati, uyu Gaspari aramutse avuze ijambo rizira, ry’urukozasoni kuri mama we, ni ngombwa ko yaba yiteguye igipfunsi.
Mu rugendo rwe muri Filipini, Papa azakorana misa n’abaturage hanze ku cyumweru mu murwa mukuru Manille. Byitezwe ko abantu bagera kuri miliyoni esheshatu bazakurikira iyo misa. Papa azasura kandi akarere ka Tacloban, aho azabonana n’abakozweho n’imyuzure mu kwezi kwa 11 muri 3013.
Uru rugendo rwa Papa muri Filipini, igihugu gifite abakristu miliyoni 80, ni rwo rwa mbere nyuma y’uko Papa Yohani Pawulo wa Kabiri yahakoreye muri 1995.
Abategetsi ba Filipini bateguye abasilikari n’abapolisi ibihumbi 50 bo kwita ku mutekano wa Papa Faransisiko. Abandi ba Papa basuye Filipini mu bihe byashize bibasiwe n’abashaka kubica.

VOA

Papa Francis:Ntawukwiye gutuka ukwemera kw’abandi

by www.igihe.info
Kuri uyu wa kane Papa Francis umuyobozi wa Kiliziya Gatolika ku isi yashimangiye ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo gukwiye kubahirizwa ariko avuga ko hari imbago. Avuga ko nta muntu ukwiye gutuka ukwemera kw’abandi.

Papa Francis asanga nta muntu ukwiye gutuka ukwemera k'undi

Papa Francis asanga nta muntu ukwiye gutuka ukwemera k’undi

Papa  Francis uri mu rugendo agana muri Philippines, yavugaga ku bitero biherutse i Paris. Avuga ko uburenganzi bwo kuvuga icyo ushaka ari ubw’ibanze kandi umuntu akwiye kubikora agamije ikiza kuri bose ariko ntawe ahungabanyije.
Ibiro bya Magazine ya Charlie Hebdo byatewe n’abavandimwe bitwaje intwaro bica abayikorera bane kubera ko iyi Magazine yashushanyije Intumwa y’Imana Mohammad inshuro nyinshi imunegura,  nyuma n’ibindi bitero bikurikiraho mu Bufaransa byose bihitana abantu 17.
Papa yagize ati “Ntawukwiye gushotora, ntawukwiye gutuka ukwemera kw’abandi. Ntawukwiye gukinisha ukwemera kw’abandi.”
Papa Francis  yavuze kandi ku makuru ko aherutse kuburirwa n’inzego z’ubutasi za Israel na USA ko ashobora kwibasirwa n’abahezanguni b’aba Islam.
Aha yavuze ko yizeye umutekano w’i Vatican nk’uko bitangazwa na Canada Broadcasting Corporation ko ahubwo we yahangayikishwa n’abandi bantu bakomerekera mu gitero kiramutse kibayeho.
Ati “Ndi mu maboko y’Imana. Uti mfite ubwoba? Oya ahubwo ngira icyasha burya, urugero rwiza rwo kutabyitaho. Hari ikimbayeho, nasabye Imana gusa ko kitambabaza (umubiri) kuko sindi intwari yo guhangana n’uburibwe.”